00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gakenke: Umwe yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato yabereye muri Nyabarongo

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 4 January 2022 saa 04:49
Yasuwe :

Umuntu umwe yaburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato bwari buvanye abaturage 26 mu Karere ka Gakenke bwagonganiye muri Nyabarongo n’ubwari buvanye barindwi muri Muhanga.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney, yabwiye IGIHE ko abantu 33 bari muri ubwo bwato bwombi babonetse uretse umwe waburiwe irengero.

Yagize ati “Dukeka ko umwe ari we wapfuye kuko niwe waburiwe irengero. Ubwato bumwe bwarimo abantu bagiye kurema isoko mu Karere ka Muhanga bugongana n’ubundi bwari buzanye abaturage mu Karere ka Gakenke.”

Meya Nizeyimana yatanze ikizere cy’uko mu minsi iri imbere hazajya hakoreshwa ubwato bw’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi bufite ubushobozi kugira ngo bujye bwambutsa abaturage.

Nyuma y’uko iyi mpanuka ibaye, ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwavuze ko bwafashe icyemezo cyo guhagarika ikoreshwa ry’ubwato bw’abaturage mu mugezi wa Nyabarongo mu gice gihuza Akarere ka Muhanga n’aka Gakenke.

Ahabereye impanuka ni ahaherutse gusenywa ikiraro gihuza uturere twa Muhanga na Gakenke

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages