00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gaël Faye yamurikiye i Kigali igitabo cye gikomoza ku mateka y’u Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 December 2024 saa 01:24
Yasuwe :

Bwa mbere, umuririmbyi Gaël Faye yamurikiye mu Rwanda igitabo gishya yise ’Jacaranda’ gikomoza ku mateka y’u Rwanda kigaruka ku buzima bw’umwana w’umuhungu witwa ’Milan’ wavutse ku mubyeyi w’Umunyarwandakazi, Jenoside yakorewe Abatutsi ikaba ari mu mashuri abanza gusa umubyeyi we ntamubwire amateka ye, bikaza gusaba ko amushyira ku gitutu.

Ni mu muhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali. Witabiriye n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Umutoni Sandrine na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, n’Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera.

Gaël Faye yagize umwanya wo kuganiriza abakunzi be ndetse no gusinyira abifuzaga gutunga isinya ye, anafatana amafoto n’abasanzwe bamukurikirana umunsi ku wundi bari bitabiriye iki gikorwa.

Igitabo ‘Jacaranda’ cyasohotse ku wa 14 Kanama 2024. Avugamo inkuru y’umwana witwa Milan, wigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko we yabaga i Versailles mu Bufaransa.

Igitabo kigaragaza Milan nk’umuntu wabonaga gusa amashusho ya Jenoside yakorewe Abatutsi yerekanwaga kuri televiziyo.

Nyina w’Umunyarwandakazi wari utuye i Paris, yamaze imyaka irenga 20 ataragira ikintu na kimwe abwira uwo mwana ku nkuru ye ndetse n’igihugu cyamwibarutse.

Milan yatangiye kurushaho kwibaza byinshi ubwo yabonaga mu itangazamakuru havugwa ibijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bituma yotsa igitutu umuryango we agamije kumenya inkomoko ye.

Iki gitabo kije nyuma y’imyaka umunani uyu muhanzi ashyize hanze icyo yise ‘Petit Pays’, avugamo inkuru y’uwitwa Gabriel, ingimbi ikomoka ku mubyeyi w’Umunyarwanda n’uw’Umufaransa. Uyu we aba yarakuriye mu Burundi, umuryango we ukaza kwimukira muri Yvelines nyuma y’igihe gito hatangiye intambara ya gisivile mu Burundi na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Iki gitabo yagishyize hanze muri Kanama 2016, kiba icya mbere asohoye nubwo cyasize kimwicaje ku meza y’abanditsi bubashywe kuko cyakoze ku mitima y’abasomyi benshi.

Ni igitabo cyahesheje Gaël Faye igihembo kizwi nka ‘Prix Goncourt des lycéens’ ndetse cyahinduwe mu ndimi zibarirwa muri 40 mu gihe avuga ko yagurishije kopi zirenga miliyoni 1,4.

Si ibyo gusa, inkuru yo muri ‘Petit Pays’ yanakinwemo filime zitandukanye, ikinamico kugeza no ku nkuru zishushanyije.

Abantu b'ingeri zitandukanye bari bitabiriye igikorwa cyo kumurika iki gitabo
Gaël Faye usanzwe azwi cyane mu muziki yashyize hanze igitabo cya kabiri yamurikaga
Intebe y'Inteko y'Umuco, Amb. Robert Masozera [iburyo] na Aimable Twahirwa [ibumoso] bahuriye muri iki gikorwa
Samuel Kamanzi usanzwe acurangira Faye ni umwe mu bari bamuherekeje muri iki gikorwa
Abitabiriye igikorwa bashimiye umwanditsi wabagejejeho igitabo cyiza
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko, Umutoni Sandrine ni umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa
Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré yashimishijwe no kwitabira uyu muhango wo kumurika igitabo cya Gael Faye
Abantu b'ingeri zitandukanye bari bitabiriye igikorwa cyo kumurika iki gitabo
Umunyarwenya Herve Kimenyi na we yitabiriye uyu muhango
Umubare munini wanyuzwe n'iki gitabo bahitamo kugicyura
Hari benshi igitabo Jacaranda cyakoze ku mutima
Ambasaderi w’u Bufaransa, Antoine Anfré ni umwe mu batahanye iki gitabo
Ababishoboye bahise bigurira iki gitabo cya Gaël Faye
Abari bitabiriye igitaramo cyo kumurika igitabo bafashe ifoto y'urwibutso n'uyu muhanzi
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko, Umutoni Sandrine, aganira na bamwe bari bitabiriye iki gikorwa nyuma yo kumurika iki gitabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .