00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruganda rwa BioNTech rugiye guhabwa asaga miliyari 180 Frw yo kwagura ibikorwa

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 31 May 2024 saa 02:59
Yasuwe :

Uruganda rw’inkingo rwa BioNtech mu Rwanda, rugiye guhabwa inkunga ya miliyoni $145 [187,968,140,000 Frw], azarufasha mu gushyira imbaraga mu kwimakaza ikorwa ry’inkingo hifashishijwe ikoranabuhanga rya mRNA, kuzikoraho ubushakashatsi no kuzisuzuma ndetse no kureba uko hakorwa ingano yazo nyinshi.

Messenger RNA [mRNA] ni uburyo butakiri bushya cyane buri kwifashishwa mu ikorwa ry’inkingo z’indwara zandura zirimo na COVID-19.

Uwatewe uru rukingo rugera mu mubiri we rukawufasha kurema ubudahangarwa bugizwe n’abasirikare barwanya agakoko kakingiwe.

BioNtech ivuga ko iyi nkunga izatanga umusanzu ukomeye wo kwitegura guhangana n’ibyorezo bishobora kwibasira Umugabane wa Afurika mu ahazaza.

Iyo nkunga uru ruganda ruzayibona binyuze mu masezerano mashya rwagiranye n’Umuryango uharanira kwihutisha ikorwa ry’inkingo zo guhangana n’ibyorezo byibasira ahantu hamwe cyangwa Isi yose, ‘Coalition for Epidemic Preparedness Innovations- CEPI’, aho impande zombi zihamya ko buzatuma Afurika igira ubushobozi bwo kwikorera inkingo mu buryo burambye.

CEPI izatanga miliyoni $145, mu gihe BioNTech mu Rwanda ifite gahunda yo gukora kandi ikageza ku baturage inkingo zihendutse za malariya, MonkyePox, n’igituntu.

Umuyobozi Mukuru CEPI, Dr Richard Hatchett, agaragaza ko Afurika ikura ku iyindi migabane inkingo zingana na 99% mu zo iba ikeneye mu kurinda abaturage bayo indwara, bivuze ko hari abo zigeraho byabasabye gutegereza igihe kinini cyane.

Umwe mu bashinze sosiyete ya BioNTech akaba n’Umuyobozi Mukuru wayo, Prof. Dr. Uğur Şah, yashimangiye ko ubu bufatanye buzatanga umusanzu ukomeye mu gukorera inkingo zihagije mu Rwanda, kuzikorera igerageza no kuzigeza ku isoko.

Uru ruganda rwa BioNTech mu Rwanda ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora inkingo izo arizo zose za mRNA zifite ubushobozi bwo gukora doze zirenga miliyoni 50 z’inkingo buri mwaka zigenewe abaturage mu buryo buhoraho cyangwa mu gihe cy’icyorezo, n’ubushobozi bwo gukora dose ibihumbi 10 zo kwifashisha mu bikorwa by’igerageza.

Uruganda rwa BioNTech rugiye guhabwa asaga miliyari 180 Frw
BioNtech, ivuga ko iyi nkunga izatanga umusanzu ukomeye wo kwitegura guhangana n’ibyorezo bishobora kwibasira Umugabane wa Afurika mu ahazaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .