00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwatangiye gukurikiranira hafi iby’icyorezo kimaze kwica abarenga 30 muri RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 December 2024 saa 02:53
Yasuwe :

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikiranira hafi amakuru y’icyorezo kitaramenyekana, kimaze kwica abarenga 30 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku wa Gatanu tariki 6 Ukuboza 2024 nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryatangaje ko muri RDC hatahuwe icyorezo kitaramenyekana.

Ryavuze ko kugeza icyo gihe cyari kimaze kwica abarenga 30, mu gihe abandi barenga 390 bacyanduye. Cyiganje cyane mu duce twa Panzi na Kwango, iri mu bilometero 700 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kinshasa.

Mu kiganiro Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente aherutse kugirana n’abanyamakuru, yavuze ko u Rwanda rwatangiye gukurikiranira hafi ibijyanye n’iki cyorezo.

Ati “Minisiteri y’ubuzima n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) barabikurikirana umunsi ku munsi, icyo nababwiye ni uko duhari ngo turinde ubuzima bw’Abanyarwanda. Ibyorezo byaraje turabirwanya twese dufatanyije, turwanya COVID-19 irashira, Monkeypox iraza turayirwanya birakunda, ubu turangije Marburg byarakunze. N’icyo turakurikiranira hafi kuko inzego z’ubuzima zacu zirakurikirana, icyorezo ntiwavuga ngo ntabwo kizagera mu Rwanda kuko ntikigenzurwa nk’umuntu ariko nikinahagera tuzakirwanya nk’uko twarwanyije ibindi.”

OMS ivuga ko ibimenyetso by’iki cyorezo bijya gusa cyane n’iby’ibicurane kuko uwacyanduye arangwa n’umuriro, kuribwa Umutwe, kunanirwa guhumeka no kugira amaraso make.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko u Rwanda rwatangiye gukurikiranira hafi ibijyanye n’iki cyorezo cyagaragaye muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .