00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyaka 41 ya Sida mu Rwanda : Ubuhamya bw’abayimaranye igihe, bagobotswe na Leta (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 December 2024 saa 10:30
Yasuwe :

Mu myaka 30 ishize, kugira ibyago byo kwandura virusi itera SIDA kuri benshi mu Rwanda, byasaga nko gukatirwa urwo gupfa. Uwahuraga n’ibyo byago yarihebaga, umuryango ukamuha akato agasigara abayeho atariho ategereje umunsi Imana yamugeneye.

Hejuru y’ako kato no kwiheba, hiyongeragaho ko nta miti yabonekaga ishobora gufasha ufite virusi kuyigabanya mu mubiri cyangwa se kugabanya ibyuririzi byayo.

Mu myaka ya 2000, Ubushakashatsi ku miti igabanya ubukana bwa Virusi ya SIDA bwari bumaze gutera imbere ndetse imiti ya mbere itangira kugera mu bihugu byo muri Afurika n’u Rwanda rurimo.

Abatangiranye n’iyo miti kuri ubu barashima, icyizere cyo kubaho cyariyongereye ndetse ubu ni bamwe mu bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu.

Kurikira icyegeranyo kirimo ubuhamya bwa bamwe mu bamaze imyaka isaga 20 bafite virusi itera SIDA ariko bagobotswe n’imiti begerejwe hirya no hino mu gihugu, ubu bakaba batacyitinya nk’uko byahoze mbere.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .