00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Buri mwaka abarwayi bagera ku 2000 bavurwa babazwe mu bitaro Ejo Heza Surgical Centre

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 4 December 2024 saa 10:04
Yasuwe :

Ibitaro byigenga bivura indwara zitandukanye ahanini abavurwa babazwe, ’Ejo Heza Surgical Centre’ bikomeje kugira uruhare mu gutanga servisi z’ubuvuzi mu bijyanye no kubaga aho ku mwaka abagera ku 2000 bavurirwa muri ibyo bitaro babazwe.

Ibi bitaro bimaze imyaka umunani bikorera mu Mujyi wa Kigali, buri mwaka binasuzuma abarwayi bari hagati y’ibihumbi 13 n’ibihumbi 18.

Ni imibare yatangajwe ubwo abakozi b’ibyo bitaro bahabwaga amahugurwa n’Umuryango Mpuzamahanga Smile Train ajyanye no kwita ku bana bavurirwa kwa muganga.

Ni amahugurwa yiswe ’StArt Pediatric Basic Life Support’ afasha abakozi bo kwa muganga kugira ubumenyi bubafasha kubona vuba abana bakeneye ubuvuzi bwihuse kandi bakabuhabwa mu gihe gikwiye.

Nyuma y’igeragezwa ryakozwe mu bihugu bya Uganda na Nigeria, aya mahugurwa ategurwa na Smile Train atanzwe bwa mbere mu Rwanda, gahunda ikazakomereza mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Umwe mu bari gutanga ayo mahugurwa ni Dr. Amos Zachariah waturutse muri Tanzania, ati “Umwana ashobora guhura n’ibibazo aho ari hose mu bitaro. Turimo kubaka ubushobozi bw’abakozi bo kwa muganga kugira ngo niba babonye ibimenyetso mpuruza, ko umwana arembye bamenye uko bamutabara mbere y’uko ahura n’ibibazo byahitana ubuzima bwe.”

Ni amahugurwa y’ingenzi cyane agamije kunoza uburyo abana bavurwa. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana aherutse gutangaza ko buri munsi mu Rwanda havuka abana 1000, abo bose bakaba baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.

Dr. Zachariah yagaragaje ko Smile Train itanga ubufasha muri gahunda yo kubaga abana bavukanye ibibari, akifuza ko abaganga bagira ubumenyi buhagije mu kwita kuri abo bana harimo kubabaga no kubakurikirana kugeza bakize neza.

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro Ejo Heza, Dr. Mugenzi Dominique Savio yavuze ko ayo mahugurwa hamwe n’andi bahabwa mu buryo buhoraho agamije kubongerera ubumenyi mu kwita ku barwayi baza babagana.

Ati “Tumaze imyaka umunani dukorana na Smile Train. Idufasha kuvura abana bavukana ibibari. Muri ubwo bufatanye tuba tugomba gukora uko dushoboye kugira ngo abaganga batange ubuvuzi bwiza ku barwayi mbere y’uko babagwa, igihe barimo kubagwa na nyuma yo kubagwa."

Dr. Mugenzi yavuze ko kubera ko bakira abarwayi benshi amahugurwa nk’ayo ari ingirakamaro cyane kugira ngo abaganga babe abanyamwuga koko, ari na byo byabafashije gutera imbere umunsi ku wundi mu myaka umunani ishize.

Muri Ejo Heza bavura abarwayi bafite ibibazo by’amagufa, ibyo mu nda n’ahandi, abafite ibibazo mu miyoboro y’inkari, abifuza kubagwa hagamijwe ubwiza no gukosora inenge zitandukanye ndetse n’abana cyangwa abakuru bafite indwara y’ibibari.

Bafite abakozi bagera kuri 60 bakora kwa muganga, barimo abaganga b’inzobere mu buvuzi 13 ndetse mu minsi iri imbere barateganya kongera ibikorwa nubwo, Dr. Mugenzi agaragaza ko hakiri imbogamizi z’ibiciro by’ubuvuzi bikiri hasi.

Umuforomo wabigize Umwuga wo mu Bwongereza witwa Rona Jane Breese, waturutse muri Smile Train ni we wahuguye abaganga bo muri Ejo Heza Surgical Center
Mu byo abaganga bo muri Ejo Heza Surgical Centre bahuguwemo harimo gukangura umwana wataye ubwenge kubera ikibazo runaka
Abaganga bo muri Ejo Heza Surgical Centre bahawe impamyabushobozi nyuma yo guhabwa amahugurwa yo kwita ku bana bari mu byago

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .