00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yakuyeho inzitizi zatumaga abagenzi bo mu Rwanda banyuzwa ku bibuga by’indege byihariye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 December 2024 saa 10:49
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe Ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CDC) hamwe n’Urwego rushinzwe Umutekano imbere mu gihugu, byakuyeho amabwiriza yasabaga abagenzi bavuye mu Rwanda kunyuzwa ku bibuga by’indege byihariye.

Ni amabwiriza yari yashyizweho mu Ukwakira 2024, ubwo u Rwanda rwari ruhanganye n’icyorezo cya Marburg.

Byatumye Amerika ifata ingamba zirimo kunyuza abagenzi bavuye mu Rwanda, ku bibuga by’indege byihariye birimo icyo mu Mujyi wa New York (JFK), icya Chicago (ORD), n’icyo muri Washington, DC (IAD).

Byari byakozwe kugira ngo hakurikizwe ingamba zose z’ubwirinzi, icyo cyorezo kitagera muri Amerika.

Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko ubu abagenzi bavuye mu Rwanda bazajya banyura ku bibuga by’indege bashaka bitewe n’indege bakoresheje.

Bibaye nyuma y’uko Amerika ikuye u Rwanda ku rwego rwa gatatu rw’ibihugu Abanyamerika basabwa kwitondera kujyamo kubera icyorezo cya Marburg.

Tariki 8 Ugushyingo 2024 nibwo Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko nta bwandu bushya bwa Marburg buri mu Rwanda, hatangira kubarwa iminsi 42 ariyo nayo izagenga ko icyorezo cyarangiye burundu mu gihe yaba irangiye nta bwandu bushya.

Abagenzi bavuye mu Rwanda basabwaga kunyura ku bibuga by'indege birimo JFK muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .