00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rw’Ubujurire rwakatiye Iyamuremye Jean Claude igifungo cy’imyaka 20

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 December 2024 saa 05:00
Yasuwe :

Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali kuri uyu wa 13 Ukuboza 2024 rwakatiye Iyamuremye Jean Claude alias Nzinga igifungo cy’imyaka 20 nyuma kumuhamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyamuremye yashinjwaga uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi ku kigo nderabuzima cya Kicukiro, kuri ETO Kicukiro, ku musozi wa Nyanza ya Kicukiro, Gahanga no mu bindi bice bya Kicukiro.

Ubushinjacyaha bwasobanuriye urukiko ko Iyamuremye yagaragaye atwaye Interahamwe mu modoka, ubwo zajyaga kwica Abatutsi. Yemereye urukiko ko yazitwaye inshuro ebyiri gusa, ariko ngo yanahungishirije Abatutsi muri ETO Kicukiro.

Tariki ya 30 Kamena 2021, Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwamuhamije imyitwarire igize icyaha cya Jenoside, rumukatira igifungo cy’imyaka 25.

Uru rugereko rwemeje ko rushingiye ku bimenyetso n’ubuhamya byatanzwe muri uru rubanza, rwasanze Iyamuremye yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu kigo nderabuzima cya Kicukiro n’ubwakorewe muri Nyanza ya Kicukiro.

Rwasobanuye ko Iyamuremye yari mu gatsiko k’Interahamwe zahigaga Abatutsi aho hantu n’ahandi mu ngo zitandukanye mu Karere ka Kicukiro, rugaragaza ko nubwo yagize uruhare mu kurokora imiryango y’Abatutsi, ariko imyitwarire ye muri Jenoside igize icyaha cya Jenoside.

Ku rundi ruhande, rwasobanuye ko hari ibimenyetso n’ubuhamya byatanzwe muri uru rubanza byagiye bivuguruzanya, ku ruhare yashinjwe mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi muri Gahanga ya Kicukiro, runasobanura ko nta kimenyetso cyerekana ko yagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe kuri ETO Kicukiro.

Mu rugereko rw’Urukiko Rukuru, Iyamuremye yagaragaje ko nta ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo mu gihe yabaga, yari umunyeshuri w’imyaka 19, utarashoboraga kugira aho ahurira n’abategetsi.

Uru rukiko rwasobanuye ko mu gukatira Iyamuremye, habayeho impamvu nyoroshyacyaha zo kuba yarakoze icyaha afite imyaka 19 y’amavuko, no kuba hari Abatutsi yarokoye.

Nyuma yo gukatirwa igifungo cy’imyaka 25, Iyamuremye yatanze ubujurire mu Rukiko rw’Ubujurire rwa Kigali. Rwafashe icyemezo cyo kugabanya imyaka itanu ku yo yari yarakatiwe mbere.

Iyamuremye yafatiwe mu Buholandi mu 2013, aho yari afite akazi ko gutwara abakozi ba Ambasade ya Israel na Finlande. Yoherejwe mu Rwanda mu 2016 kugira ngo aburanishwe.

Mu 2016 ubwo Polisi y'u Rwanda yari imaze gushyikirizwa Iyamuremye woherejwe na Leta y'u Buholandi
Urukiko rw'Ubujurire rwakatiye Iyamuremye igifungo cy'imyaka 20

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .