00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urubanza rwa Hakuzimana Rashid rwongeye gusubikwa asabye ikoranabuhanga nk’iry’ubushinjacyaha

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 26 April 2024 saa 10:30
Yasuwe :

Ku wa 25 Mata 2024, mu Rugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka ruherereye mu Karere ka Nyanza rwari rwasubukuye urubanza rwa Hakuzimana Abdul Rashid ngo yisobaure ku byo akurikiranweho nk’uko byari biteganyijwe, ariko birangira rusubitswe kuko yagaragaje ko hari ibyo atishimiye birimo kuba adafite ikoranabuhanga nk’iry’ubushinjacyaha bufite.

Ubwo urubanza rwe rwasubukurwaga, Hakuzimana yahawe umwanya ngo yisobanure, ahita agaragaza imbogamizi zituma adakwiye kuburana aho yavuze ko adahabwa ibyangombwa bingana n’iby’umushinjacyaha bahanganye ngo abashe kuzamutsinda.

Akizamura ukuboko, Rashid uburana atagira umwunganizi n’umwe yahise atangaza ko ataburana kuko ngo nta byangombwa nkenerwa birimo mudasobwa, “iPhone, iPad, photocopieuse, amakaramu, impapuro” n’ibindi byamufasha gutegura urubanza neza, mu gihe ngo uwo bahanganye (ubushinjacyaha) we abifite, asaba ko yabihabwa mu maguru mashya akabasha kuburana neza afite ibimufasha.

Ku mbogamizi ya kabiri, Hakuzimana yagaragaje ko umuyobozi wa gereza ya Nyarugengege afungiyemo ngo amufunze ku giti cye kuko ngo nta byangombwa afite bimwemerera ku mufunga, bityo ko kugeza uyu munsi atarahamagarwa mu rukiko mu buryo bwubahirije amategeko.

Yavuze ko kuba agejeje iki gihe aburana ari uko yanze gusuzugura amategeko, bityo agasaba ko yahabwa uburenganzira nk’abandi.

Ubushinjacyaha bugihabwa ijambo, bwavuze ko ibyo Hakuzimana ari gukora bigamije gutinza urubanza ku mahereri.

Ubushinjacyaha bwongeye kuvuga ko Hakuzimana asanzwe ahamagazwa kuburana mu buryo bukurikije amategeko kuko ngo n’ubwo aheruka kuza kuburana yatashye azi neza itariki n’umunsi n’isaha azongera kuburaniraho.

Ubushinjacyaha buti” Ntiyemera kwiregura ngo asubize ibyo abazwa ahubwo ari kuzana amananiza mu rubanza kandi byatangiye kuva mu ifatwa rye kugeza ubu.”

Rashid yongeye kumvikana mu rukiko avuga ko akeneye ibyangombwa bigizwe na flash disk n’ibindi ngo ashobore kwiregura.

Mu ijwi rye ati “Uwo tuburana we byose yarabihawe kugira ngo ategure ibyo kundega, none jye ndabyimirwa iki?”

Kubera izo mbogamizi, ubucamanza bwanzuye ko Rashid agomba guhabwa nk’iby’abandi bahabwa, bunategeka ko niba afite ikibazo ku muyobozi wa gereza afungiyemo yazabiregera urukiko mu rundi rubanza, gusa ku cyo kuba ahamagarwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, urukiko rumwibutsa ko cyo cyafashweho icyemezo mu manza zabanje.

Urubanza rwa none rwahise rusubikwa, rukazasubukurwa ku wa 25 Gicurasi 2024, aho umuburanyi azakomeza yiregura.

Twabibitsa ko urubanza rwa Rashid rwatangiye kuburanwa mu mizi kuva ku wa 22 Ugushyingo 2023, gusa kuva icyo gihe yakunze kugenda ashyira amananiza ku bucamanza, ibyo ubushinjacyaha bwita amayeri yo gutinza urubanza.

Yatawe muri yombi ku wa 28 Ukwakira 2021, akaba ashinjwa ibyaha birimo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, gupfobya Jenoside, gukurura amacakubiri no gukwiza ibihuha muri rubanda yifashishije umuyoboro wa YouTube.

Hakuzimana Abdul Rashid yavuze ko atiteguye kuburana mu gihe adahawe ikoranabunga nk'iry'ubushinjacyaha
Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka ruherereye mu Karere ka Nyanza rwasubitse urubanza rwa Rashid

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .