00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuvunyi Mukuru yatunguwe n’abaturage baburanye ubutaka bwa metero ebyiri bakagera mu Rukiko rw’Ikirenga

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 12 March 2025 saa 10:40
Yasuwe :

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yatunguwe no kumva abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Kibeho, Akagari ka Kibeho, mu Mudugudu wa Sinayi baburanye urwa ndanze bikageza aho bagera mu Rukiko rw’Ikirenga, bapfa ubutaka bwa metero ebyiri umwe yarengereye undi, asaba abaturage kujya bemera ibyemezo by’inkiko hakiri kare kuko imanza nyinshi zitwara umwanya n’amafaranga.

Ibi yabigarutseho ku wa 10 Werurwe 2025, ubwo yari mu Murenge wa Kibeho, muri gahunda y’Urwego rw’Umuvunyi mu Karere ka Nyaruguru, igamije kwegera abaturage no kumva ibibazo byabo bijyanye n’akarengane.

Iyi gahunda yatangiye ku wa 10-13 Werurwe 2025, ikazagera mu mirenge yose 14 y’Akarere ka Nyaruguru.

Mu murenge wa Kibeho aho Umuvunyi Mukuru yatangirije iki gikorwa, yasanganijwe ibibazo byiganjemo iby’ubutaka, nk’imbibi, imanza z’amasambu n’ibindi bisa nabyo.

Kimwe mu bibazo byafashweho umwanya munini ni urubanza rwa Kamanzi Viateur na Nyirabatumwa Julienne, rwatangiye mu 2013 rurangizwa mu 2022, ariko n’ubu rukaba rukomeza kuzamo ibindi bibazo birushamikiyeho, ibyasabye ko inzego zizajya ahavugwa ikibazo kigasesengurirwayo.

Uyu Nyirabatumwa Julienne (utakiriho, urubanza rwe rwakomejwe n’abana be bahagarariwe na Mukamazera Jeanne), yaburanye na Kamanzi mu nkiko enye zose, zirimo urw’Ibanze rwa Kibeho, Urwisumbuye rwa Nyamagabe, rw’Ubujurire rwa Nyanza n’urw’Ikirenga i Kigali hose atsindwa.

Nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rwemeje imikirize y’urubanza mu rukiko rwa mbere, rwategetse ko imyanzuro yafashwe ishyirwa mu bikorwa uko yakabaye, aho Nyirabatumwa yaciwe asaga miliyoni 4 Frw, akubiyemo ubwishyu bw’ubutaka yarengereye, amande, impozamarira yo gusiragiza abandi mu nkiko, ubwishyu bw’umuhesha w’inkiko w’umwuga n’amagarama y’urubanza, ibyasabye ko bateza cyamunara igice cy’isambu ye ngo aya mafaranga aboneke.

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yavuze ko uru ari urugero rw’uko gutsimbarara mu makimbirane bihombya, asaba abaturage kuyoboka inzira z’ubuhuza, aho bibaye ngombwa ko inkiko zibizamo nabwo, bakubaha imyanzuro yafashwe n’inkiko nta yandi mananiza.

Ati “Abaturage bakwiye kumenya ko batagomba kwigomeka ku byemezo by’inkiko igihe batsinzwe, ahubwo baba bagombwa kubahiriza ibyo batsinzwemo, n’uwatsinze akabona ibyo yatsindiye.”

Yakomeje asaba abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze kwitabira kurangiza ibibazo abantu batarinze kujya mu nkiko cyane cyane ku bibazo bisanzwe by’ubutaka, aho abayobozi basabwe gukoresha uburyo bw’ubwumvikane, ariko hagafatwa n’imyanzuro kugira ngo birangire.

Yanasabye abayobozi kandi kwita ku manza zimara igihe zitararangizwa kuko hari n’iziba zimaze imyaka itanu cyangwa se irenga, avuga ko ibi nabyo biba bitije umurindi akarengane kuko ubutabera butaba bwatanzwe byuzuye.

Muri izi ngendo z’Umuvunyi Mukuru kandi, abaturage bashishikarizwa kwirinda ruswa no gutanga amakuru kuri yo, kuko ingendo nk’izi ziba zinagamije gukumira no kurwanya akarengane na ruswa nk’uko ari yo nshingano nyamukuru y’Urwego rw’Umuvunyi.

Muri rusange, abaturage bavuga ko kuba Urwego rw’Umuvunyi rumanuka rukabegera ari ingenzi kuko bituma ibibazo byasaga n’ibyananiranye bikemuka, abaturage bakisanzura mu kubigaragaza bigahabwa umurongo uhamye.

Kuri ubu, ku rwego rw’Isi u Rwanda ruri ku mwanya wa 43 mu bihugu 180 mu kurwanya ruswa ruvuye ku mwanya wa 49 rwariho mu mwaka wabanje, rukaba ku mwanya wa gatatu muri Afurika no ku mwanya wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse Umuvunyi Mukuru, n'Umuvunyi wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya ruswa, Mukama Abbas, nawe ari kuzenguruka hirya no hino mu Karere ka Nyaruguru yumva ibibazo by'abaturage
Umwe mu bana ba Nyirabatumwa Julienne, witwa Mukamazera Jeanne, aracyafitanye amakimbirane na Kamanzi Viateur akomoka ku butaka bwa metero ebyiri
Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yasabye abaturage kwitabira gukemura ibibazo hisunzwe ubuhuza kuko bibahendukira, anabibutsa kujya bemera ibyemezo by'inkiko igihe imanza zabayeho
Abaturage bongeye kwibutswa kutajya bihanganira akarengane ako ari kose ndetse na ruswa
Abaturage bagejeje ibibazo byabo ku Rwego rw'Umuvunyi
Kamanzi Viateur watsinze ruubanza rw'ubutaka bwa metero ebyiri, ubu afitanye ikindi kibazo n'abandi bari baraguze n'uwo yatsinze, cyanagejejwe k’Umuvunyi Mukuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .