00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagiye gushakwa ibindi bihamya by’uruhare rwa Munyenyezi mu gusambanya abakobwa muri Jenoside

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 27 February 2025 saa 10:47
Yasuwe :

Ubushinjacyaha bwashimangiye ko igihano cyo gufungwa burundu Munyenye Beatrice yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye cyari gikwiye kuko yakoze ibyaha bitandukanye birimo n’icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gusambanya abagore ku gahato nk’icyaha kibasiye inyokomuntu.

Ku wa Kane tariki 26 Gashyantare 2025, ku Rukiko Rukuru, Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, hakomeje urubanza ruregwamo Munyenyezi Béatrice wari warakatiwe burundu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye.

Yahise ajuririra icyo cyemezo kuko atemeranya n’imikirize y’urubanza akavuga ko yari akwiye kugirwa umwere, ngo ibyo ashinjwa ari bikomoka ku isano y’abo mu mu muryango we bahamijwe ibyaha bya Jenoside.

Nyuma y’aho ku wa 25 Gashyantare 2025, Ubushinjacyaha busobanuye ishingiro ry’icyaha cyo kwica Munyenyezi yahamijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, ku wa 26 Gashyantare, bwakomeje buvuga ko igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye cyari gikwiye kuko yakoze ibyaha bitandukanye birimo n’icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gusambanya abagore ku gahato nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umutangabuhamya watanze ubuhamya mu 2012, yavuze ko yagiye kwaka ibyangombwa Munyenyezi ngo yemeze ko ari umuhutu abashe guhunga kuko we yari mu bwoko bw’Abatutsi bwahigwaga.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko ubwo yahuraga na Munyenyezi afite ubuhiri anambaye ishati ya gisirikare yahise amujyana kuri hoteli Ihuriro.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bageraga kuri bariyeri yari haruguru y’iyo hoteli, ngo yahasanze nyirabukwe wa Munyenyezi, Nyiramasuhuko Pauline ndetse n’umuhungu we, Ntahobari Arsène Shalom, akaba n’umugabo wa Munyenyezi.

Uwo mutangabuhamya ngo yabonye kuri iyo bariyeri bahazanwa abakobwa maze babwira Munyenyezi Béatrice ngo ‘Nawe twigana muri Kaminuza ugiye kutwica?!’

Umushinjacyaha yakomeje avuga ko uwo mutangabuhamya yabonye ko abo bakobwa Munyenyezi atabishe, ahubwo yahise abohereza muri kave ya Hoteli Ihuriro, maze ngo hashize akanya gato yumva bari gutaka.

Umucamanza yabajije Ubushinjacyaha niba kuba umutangabuhamya yarabumvise batakira aho bari boherejwe bivuze ko basambanywaga, buvuga ko kuri iki cyaha ntacyo urukiko rwaburanishije bwa mbere Munyenyezi rwabivuzeho, bityo ko buzakomeza kubishakira ibindi bihamya.

Munyenyezi Béatrice ni umukazana wa Nyiramasuhuko Pauline wabaye Minisitiri w’Umuryango muri Guverinoma yari yiyise iy’Abatabazi, akaba n’umugore wa Ntahobari Arsène Shalom bombi bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Yoherejwe mu Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Mata 2021.

Yakatiwe gufungwa burundu ku wa 12 Mata 2024 n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye.

Urukiko rwatangaje ko urubanza rwe ruzakomeza ku wa 15 Mata 2025, hakomeza kumvwa Ubushinjacyaha busobanura ishingiro ry’igihano yahawe.

Ubushinjacyaha bwongeye gushimangira uruhare rwa Munyenyezi mu gusambanya abagore n'abakobwa ku gahato
Ingoro y'Urukiko Rukuru rwa Nyanza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .