Ni urubanza biteganyijwe ko ruburanishirizwa mu murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke mu Mudugudu wa Rubyiruko ku wa 3 Ukuboza 2024.
Saa Saba z’ijoro ku wa 13 Ugushyingo 2024, nibwo Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39 yarasiye mu kabari abantu batanu barimo Benemugabo Denis w’imyaka 17, Habumugisha Onesphore w’imyaka 20, Sindayiheba Zephanie w’imyaka 44, Muhawenimana Jonas w’imyaka 35, na Nsekambabaye Ezira w’imyaka 51. Aba bose bahise bapfa.
Sergeant Minani yahise ahunga afatirwa ahitwa i Hanika, atabwa muri yombi, naho imirambo ya ba nyakwigendera ijyanwa mu burukiro bw’ Ibitaro bya Kibogora mbere y’uko ishyingurwa.
Mu muhango wo gushyingura ba nyakwigendera RDF yahumirije imiryango yabo iyizeza ubutabera n’ubufasha.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!