00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamagabe: Abagabo batanu bakurikiranyweho kwica umugabo no gukomeretsa umugore we

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 Gashyantare 2023 saa 01:33
Yasuwe :

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bukurikiranye abagabo batanu bakekwaho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa umugabo bikamuviramo urupfu ndetse n’icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi cyakorewe umugore.

Ibi byaha byabaye mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Cyanika, Akarere ka Nyamagabe aho abagabo batanu bafatanyije bateye urugo rwa nyakwigendera Bizimana Isaie.

Abo bagabo ngo bari bitwaje imihoro bagamije kwica Bizimana Isaie. Bagiye ku kiraro cy’inka barayikanga irabira nyir’urugo asohotse baramwadukira baramutema ndetse bamuca ukuboko bamutema n’urwasaya.

Ubushinjacyaha buvuga ko umugore we yaje kureba icyo umugabo abaye maze mu gihe ageze hanze asanga bamutemye bikomeye, ashatse gusubira mu nzu na we bahita bamwadukira bamutema mu mugongo no mu bitugu.

Abaturanyi batabaye basanga Bizimana yanegekaye bikomeye ariko agihumeka gake, avuga ko yamenye babiri mu bamutemye nibwo bahise bahamagara ubuyobozi maze bujya gufata abaregwa.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuntu bikamuviramo gupfa bakurikiranyweho kibahamye bahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka cumi n’itanu ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miriyoni eshanu ariko atarenze miliyoni zirindwi nk’uko biteganywa n’ingingo ya 121 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi bakurikiranyweho kibahamye bahanishwa igifungo cy’imyaka makumyabiri n’itanu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 21 y’Itegeko nº 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .