00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Abantu 13 baregwaga kwiba ibikoresho byubaka umuhanda bakatiwe

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 20 February 2025 saa 02:41
Yasuwe :

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ku wa 19 Gashyantare 2025 rwakatiwe abantu 13 ibihano bitandukanye nyuma yo kubahamya ibyaha birimo icyo kwiba n’ubufatanyacyaha mu kwiba ibikoresho bikenerwa mu kubaka umuhanda birimo sima, ibyuma, mazutu n’amabati.

Urubanza rwabo rwabereye mu ruhame tariki ya 11 Gashyantare 2025. Ubushinjacyaha bwaregaga abantu 14 ibyaha bitandukanye bakoreye kompanyi ya STECOL iri gukora umuhanda wa Muhanga-Nyange.

Batanu muri bo barimo abari bashinzwe ububiko, umurinzi n’abandi bashinjwaga icyaha cyo kwiba, abandi bashinjwa ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kwiba.

Muri abo batanu, batatu bakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri, abandi babiri bakatirwa igifungo cy’umwaka umwe gisubitse umwaka umwe.

Abakozi batwaraga imodoka za STECOL bo bashinjwa icyaha cy’ubuhemu ndetse baranacyemeye, aho bavugaga ko bagitewe n’inzara, ibyatumye bavoma mazutu bakayigurisha kugira ngo “babeho”.

Urukiko rwabakatiye aba bashoferi igifungo cy’umwaka umwe n’amezi atandatu, bagafungirwa mu igororero mu gihe cy’umwaka ariko bagasubikirwa amezi atandatu mu gihe cy’umwaka umwe.

Abandi bantu bane batari abakozi ba STECOL bashinjwaga ubufatanyacyaha mu cyaha cy’ubuhemu. Nyuma y’aho bemeye ko baguze mazutu y’inyibano, na bo bakatiwe igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu gisubitseho amezi atandatu mu gihe cy’umwaka.

Urukiko rwagize umwe muri bo umwere. Uyu yafashwe atwaye mu modoka mazutu yibwe, ashinjwa ubufatanyacyaha mu cyaha cy’ubuhemu gusa yari yaragihakanye, asobanura ko yayitwaye mu rwego rw’akazi nyamara atazi inkomoko yayo.

STECOL ivuga ko ibyibwe muri ubu bujura bifite agaciro k’arenga miliyoni 58Frw, ikaba iteganya ko nyuma yo guhamya aba bantu ibyaha, izanaregera indishyi.

Urubanza rw'aba bantu rwabereye mu ruhame
Urukiko rw'Ibanze rwa Nyamabuye rwakatiwe 13, umwe rumugira umwere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .