Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 10 Ukuboza 2024, witabirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’abandi.
Harahiye kandi Lt Col Gerard Muhigirwa winjiye mu nshingano zo kuba Visi Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare.
Mu bandi barahiriye inshingano nshya harimo Lt Ndayishimiye Darcy na Lt Mukasakindi Thérèse bagizwe Abacamanza mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse na Capt. Moses Ndoba na Lt. Victor Kamanda barahiriye kuba Abacamanza mu Rukiko rwa Gisirikare.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yavuze baramutse bubahirije indahiro barahiye byabafasha gukora ibyo igihugu kibifuzaho. Yabasabye kudatatira icyizere bagiriwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.
Ati “Imiterere y’umurimo mukora ujyanye no kubahiriza amategeko n’uburenganzira bwa muntu, irabasaba ubushishozi, ubwitonzi, ubwitange ndetse no kuwukora kinyamwuga.”
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yabasabye kudakoresha mu nyungu zabo bwite ububasha bahawe, bagaharanira gukomeza guhesha ishema ingabo z’u Rwanda.
Yabibukije ko bakwiye gukangukira ikoranabuhanga kuko rizabafasha kwihutisha akazi kandi bagahora bihugura kugira ngo ibyo bakora bijyane n’igihe.
Ati “Turabashishikariza cyane kwifashisha ikoranabuhanga kuko ryihutisha akazi kandi rikoroshya imitegurire y’imanza."
Brig Gen Patrick Karuretwa yatangaje ko bazashyira imbaraga mu kuzamura ikinyabupfura mu nzego za gisirikare, urenze ku mategeko agahanwa by’intangarugero.
Ati “Ikinyabupfura ni ikintu gifite uburemere cyane bitewe n’inshingano igisirikare gifite, ikinyabupfura ni cyo kintu dushyiramo imbaraga nyinshi cyane, bivuze ko mu guhana abasirikare bakosheje, bishe amategeko tubishyiramo uburemere burenze ubusanzwe.”
Yahamije ko ubutabera mu muryango Nyarwanda ari ikintu gikomeye hakaba umwihariko mu nzego za gisirikare kubera ububasha abasirikare baba bafite, ibikoresho n’ubumenyi baba barahawe bituma bagomba kwitwararika kurusha abantu basanzwe, kugira ngo ubwo bubasha hatagira ababikoresha nabi.
Abarahiriye inshingano nshya bemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 9 Ugushyingo 2024.
![](local/cache-vignettes/L1000xH775/pm8-4-3866d.jpg?1733840898)
![](local/cache-vignettes/L1000xH686/pm7-5-b02d1.jpg?1733840899)
![](local/cache-vignettes/L1000xH608/pm6-6-29aa2.jpg?1733840899)
![](local/cache-vignettes/L1000xH890/pm1-16-3623e.jpg?1733840899)
![](local/cache-vignettes/L1000xH620/pm2-18-ec55b.jpg?1733840899)
![](local/cache-vignettes/L1000xH998/pm9-6-81600.jpg?1733840900)
![](local/cache-vignettes/L1000xH611/pm4-13-35d3c.jpg?1733840900)
![](local/cache-vignettes/L1000xH528/pm5-13-7f85d.jpg?1733840900)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!