00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Micomyiza yajyanwe aho bikekwa ko yakoreye ibyaha bya Jenoside i Huye

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 13 May 2025 saa 11:34
Yasuwe :

Micomyiza Jean Paul woherejwe n’Igihugu cya Suède mu Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ashinjwa, kuri uyu wa 13 Gicurasi 2025, yajyanywe mu Mujyi wa Huye ahahoze hitwa i Butare, muri Kaminuza y’u Rwanda, no ku Mukoni kureba ahari bariyeri y’ahahoze ari kwa Perezida Sindikubwabo Théodore gihe cya Jenoside, bigamije kureba aho ashinjwa ko yakoreye ibyaha.

Micomyiza yazanywe muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye yahoze yitwa UNR, nyuma y’umwanzuro w’urukiko wari ugamije kujya kureba ahavugwa ko yakoreye ibyaha, ngo rumenye niba koko ibivugwa mu rubanza bihura n’imiterere y’ahantu bavuga mu iburanisha.

Abamwunganira mu rubanza bavuga ko ibi bizabafasha mu kumenya ukuri ku bivugwa n’abamushinja, bityo binafashe mu migendekere myiza y’urubanza.

Micomyiza w’imyaka 53, akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Huye, wahoze witwa Butare birimo Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) mu Murenge wa Ngoma, ku Mukoni n’i Cyarwa ho mu Murenge wa Tumba, ubwo yari umunyeshuri muri Kaminuza.

Micomyiza Ukunze no kwitwa Mico, yoherejwe n’Igihugu cya Suède mu mwaka wa 2022 kuburanira aho ibyaha akekwaho byakorewe.

Ubwo yari akigera muri UR-Huye ahazwi nko kuri Koica
Aha ni ku bibuga by'imikino y'intoki mu cyari UNR, aho bivugwa ko muri Jenoside, babarizaga abanyeshuri b'abatutsi indangamuntu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .