00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbeba bayitegera mu nzira icamo - Col (Rtd) Ruhunga wa RIB ku bitwaza ko batezwe ruswa y’igitsina

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 10 February 2025 saa 05:30
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Col (Rtd) Ruhunga Jeannot, yatangaje ko abantu bavuga ko batezwe ruswa y’igitsina nta kuri bafite, ahubwo baba bafatiwe mu byo basanzwemo gusa ngo n’abayibateze baba bakwiye kuyiryozwa niba atari bo batanze amakuru.

Ibyaha bya ruswa ni bimwe mu bikorerwa mu bwihisho byagera kuri ruswa ishingiye ku gitsina bikarushaho gukomera.

Kuri uyu wa 10 Gashyantare 2025, ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu nkiko, Col (Rtd) Ruhunga Jeannot yagaragaje ko abantu bavuga ko batezwe ruswa ishingiye ku gitsina baba basanzwe bayirya.

Ati “Gutega umuntu ruswa, niba bayiguteze kuki wemera kuyifata? Kuvuga ngo umuntu aje kugusaba akazi aravuga ati ‘dusambane ubundi umpe akazi nawe ukemera warangiza ntukamuhe ntibivuze ko yaguteze ruswa kuko mwasambanye kuko yaje kugusaba akazi. Ntabwo mwasambanye bishingiye ku Rukundo mwagiranye.”

“Murumva ko iryo shimishamubiri riganisha kuri ruswa. Ni nk’uko umuntu yaza gusaba serivisi agatanga amafaranga uwo ayahaye akayakira ntamuhe iyo serivisi. Kuvuga rero ko ari ugutega, ntabwo ari ugutega.”

Uyu muyobozi yavuze ko uwateze n’uwatezwe ruswa baba bakwiye kubiryozwa mu gihe amakuru atatanzwe hakiri kare.

Ati “Uwo uba wijeje umuntu akazi nubwo atakamuha ariko aba yashimishije umubiri we bishingiye ku mwanya arimo. Numva rero iby’umutego ntabyo umuntu aba yariye ruswa aba agomba kubiryozwa ariko n’uwo wayimuteze na we ntabwo ari umwere, keretse ari we utanze amakuru mbere na ho ubundi na we arakurikiranwa.”

RIB yagaragaje ko mu myaka itanu ishize hirukanwe abakozi bayo 56 bazira ibyaha bya ruswa, mu nkiko 14 bahanwe n’Inama Nkuru y’Ubucamanza, mu gihe abashanjacyaha batatu bahaniwe ruswa mu mwaka ushize, mu gihe abandi batatu bagikurikiranwa mu nkiko.

Ubushakashatsi kuri ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index: RBI] bwa 2024 bwagaragaje ko Urwego rw’Abikorera rwagaragayemo ruswa ku kigero cya 13%, muri REG yagaragaye ku kigero cya 7,80%, muri WASAC iri ku kigero cya 7,20%, mu nzego z’ibanze yahagaragaye ku kigero cya 6,40%, mu gihe mu bacamanza yahagaragaye ku kigero cya 6%.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Ruhunga, yavuze ko abavuga ko batezwe ruswa y'igitsina babeshya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .