00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda yasuye ILPD, ayizeza imikoranire n’igihugu cye

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 5 April 2025 saa 10:54
Yasuwe :

Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof. Charity Manyeruke, yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Ishuri Rikuru Ryigisha Guteza Imbere Amategeko mu Rwanda (ILPD), agamije kureba serivisi ritanga, anyurwa n’uburyo rirerera urwego rw’ubutabera, ndetse anaryizeza ubufatanye n’igihugu cye.

Ni uruzindiko rwabaye ku wa 4 Mata 2025, ku cyicaro gikuru cya ILPD, mu Karere ka Nyanza, rwari rufite intego yo kumenya inshingano za ILPD n’uruhare rwayo mu iterambere ry’inzego z’ubutabera mu Rwanda no mu bindi bihugu bya Afurika.

Ambasaderi Prof. Manyeruke, yavuze ko yashimishijwe n’uburyo iri shuri rifasha mu gukarishya ubumenyi bw’abakora mu rwego rw’ubutabera mu nzego nyinshi n’abandi bose bagira aho bahurira n’amategeko, avuga ko ari nk’ikigega cy’ubumenyi ku bahanyura bose.

Ati “Bambwiye ko iri shuri rihora rikereye gukarishya ubwenge bw’ababa mu nzego z’ubutabera haba igihe yabaye impinduka runaka mu mategeko cyangwa hari iziteganywa mu gihugu, bakaza aha bagahugurwa bakongererwa ubushobozi, kandi rwose ibyo bintu ni byiza cyane!”

Yakomeje avuga ko kandi yanyuzwe n’uburyo bigisha abavoka, abacamanza n’abashinjacyaha.

Yavuze kandi ko yatewe ishema no kwerekwa uburyo iri shuri rutanga ubumenyi ku banyeshuri bo mu bihugu bisaga 16 bya Afurika.

Yongeyeho ko n’ubwo kugeza ubu nta munyeshuri wo muri Zimbabwe wiga muri ILPD, ariko yiteguye kwamamaza ibyiza byayo, ndetse akanashishikariza abakora mu butabera muri Zimbabwe kuza gusangiza ubumenyi n’inararibonye abo mu Rwanda na ILPD by’umwihariko.

Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Bangayandusha Viateur, yavuze ko uruzinduko rw’Ambasaderi Prof. Charity Manyeruke, rushimangira ubushake bukomeye bwo guteza imbere imikoranire y’ibihugu byombi by’umwihariko mu rwego rw’uburezi bwerekeye amategeko ndetse n’iterambere ry’urwego rw’ubutabera muri rusange.

Yakomeje agira ati ‘‘Uruzinduko nk’uru ruzamura isura ya ILPD isanzwe ari ishuri rya mbere mu guteza imbere amategeko, bikanatuma ishimangira ko koko ari ingobyi y’amategeko mu karere no muri Afurika.”

Yavuze ko gusurwa n’abadipolomate b’abanyamahanga bo mu rwego rwo hejuru binongerera icyizere abanyeshuri bikanaberemamo kumva ko nabo bashobora kurenga imbibi mu mikorere ndetse bikanabafasha kugira umubano n’abandi bantu bo hanze, binajyana no kwaguka mu bumenyi.

ILPD isanzwe isurwa n’abantu bakomeye mu nzego nyinshi baba abo mu Rwanda, Afurika, u Burayi, Amerika n’ahandi.

Abenshi muri bo baba baje gusangiza abiga muri ILPD inararibonye ryabo mu mategeko, ndetse no mu mikorere iboneye mu rwego rw’ubutabera.

Ambasaderi Prof. Manyeruke yanahawe impano y'umutaka uriho ibirango bya ILPD nk'urwibutso
Ambasaderi Prof. Charity Manyeruke yagiranye ibiganiro n'Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Muyoboke Aimé Karimunda
Ambasaderi Prof. Manyeruke yatambagijwe byinshi mu bice bigize ILPD birimo n'isomero ryayo
Ubwo Ambasaderi Prof. Charity Manyeruke yaganirizaga bamwe mu biga muri ILPD
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda yashimye imyigire n'imyigishirize yo muri ILPD
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda yishimiye umutuzo n'umutekano w'i Mutakara
Nyuma y'uruzinduko, hafashwe n'ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .