00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahuza basabye ko imanza zajya zibanza guca mu buhuza mbere yo kujyanwa mu nkiko

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 1 March 2025 saa 01:51
Yasuwe :

Abakora umurimo wo gukemura amakimbirane hakoreshweje ubuhuza mu Rwanda, basabye Leta ko yashyiraho itegeko rigena ko imanza zose zibanza kunyuzwa mu buhuza mbere yo kujyanwa mu nkiko mu rwego rwo kongera umubare w’abakoresha ubwo buryo no kugabanya imanza zitinda kuburanishwa.

Ibyo babitangaje ku wa 28 Gashyantare 2025, ubwo bari mu nama y’Inteko Rusange yari igamije gushyiraho urugaga rwabo ku rwego rw’Igihugu ruzabafasha kwibumbira hamwe bakarushaho kumenywa na bose.

Umurungi Marie Assumpta ukorera ubuhuza mu Murenge wa Muhima mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko hakiri imbogamizi yo kuba abantu bamwe bataramenya abahuza uko bikwiye ngo babayoboke, dore ko hari ababa bafite ibibazo bidasaba inkiko.

Ibyo ngo byakemurwa no kuba Leta yashyiraho itegeko ku manza zose zikajya zibanza mu buhuza.

Ati “Turasaba ko hajyaho itegeko riteganya ko urubanza rwose rubanza kujya mu buhuza, byananirana rukabona kujya mu nkiko. Ibyo nibijyaho n’ubuhuza buzayobokwa nk’uko n’abunzi bayobotswe kandi bigatanga umusaruro.”

Perezida w’Inama Njyanama y’Ihuriro ry’Abahuza b’Umwuga, Prof. Sam Rugege, yashimangiye ko iryo tegeko rigiyeho ryaba ari ingenzi bijyanye no kuba Leta yarashyize imbaraga mu buhuza kuko n’ahandi rikoreshwa kandi rigatuma abantu babuyoboka.

Ati “Byatuma abantu bamenyera ubuhuza kuko uko bimeze ubu abantu bihitiramo kubujyamo cyangwa kujya mu nkiko ariko bamwe ntibazi ubuhuza n’akamaro kabwo. Habayeho itegeko ribitegeka byatuma bamenya neza ko abahuza ari abantu b’umwuga bashobora kubakemurira ibibazo neza.”

Yongeyeho ko habayeho imbogamizi z’inzego zitarimo abahuza b’abanyamwuga bahagije, imanza zaho zakomeza guca mu nkiko. Ariko abacamanza bagahabwa ububasha bwo gusuzuma imanza izo basanze zakemukira mu buhuza bakazoherezayo.

Eng. Rwihunda Freddy uyobora komite yashinzwe gushyiraho Urugaga rw’Abahuza b’Umwuga mu Rwanda, yavuze ko batangiye urugendo rwo gushinga urugaga, aho bamaze kurwemeza mu Nteko Rusange yari imaze guterana.

Igikurikiyeho kikaba ari ukurwandikisha no kurutorera ubuyobozi, ku buryo bizeye ko nibamara kwibumbira hamwe bizongera imbaraga zabo mu gusaba Leta ko iryo tegeko rijyaho.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko ubuhuza Leta y’u Rwanda iri kubushyiramo imbaraga kandi zitanga umusaruro, aboneraho gusaba ababukora kurushaho gukora kinyamwuga.

Yagize ati “Mu mezi atandatu ashize yonyine dosiye zimaze gukemurwa mu buryo bw’ubuhuza zigera ku 1300. Twizeye ko uyu mwaka uzashira harakemuwe umubare munini.”

“Icyo tubasaba nk’abahuza musobonukiwe ibisabwa bigenga umwuga w’ubuhuza, tuba tubitezeho gufasha mu gutanga ubutabera bunoze. Dukwiye gukora kinyamwuga kandi tukirinda umugayo kuko bigira ingaruka nziza ku bagenerwabikorwa.”

Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri gushyira imbaraga nyinshi ubuhuza
Prof. Sam Rugege yashimangiye ko itegeko ryo kunyuza imanza mu buhuza rigiyeho ryaba ari ingenzi
Eng. Rwihunda Freddy uyobora komite yashinzwe gushyiraho Urugaga rw’Abahuza b’umwuga mu Rwanda, yavuze ko batangiye urugendo rwo kurushinga kandi rufite imbaraga
Abahuza bifuza ko imanza nyinshi zajya zibanza guca mu buhuza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .