00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gatsibo: Hari kubakwa uruganda ruzatanga amazi ku baturage bagera kuri miliyoni

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 31 July 2024 saa 12:16
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buratangaza ko mu nkengero z’ikiyaga cya Muhazi mu Murenge wa Murambi, hatangiye ibikorwa byo kubaka uruganda rw’amazi rwitezweho gutanga amazi meza azakoreshwa n’abaturage bagera kuri miliyoni imwe bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare.

Uru ruganda biteganyijwe ko ruzuzura muri Kamena 2025 rukazatwara arenga miliyari 7 Frw. Ruzatanga metero kibe ibihumbi 12 ku munsi.

Imirimo yo kurwubaka imaze guha akazi abagera ku 1000, bikaba byitezwe ko abaturage bo mu mirenge umunani yo mu Karere ka Gatsibo, itatu yo muri Kayonza n’itatu yo muri Nyagatare ari bo bazagerwaho n’amazi meza azaruturukamo.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yavuze ko uru ruganda ruje ari igisubizo kuko ruzatanga amazi mu mirenge umunani muri 14 bafite.

Yavuze ko bari basanzwe bafite indi miyoboro yatangaga amazi make ku buryo bizeye ko uru ruganda rw’amazi nirurangira abaturage bagerwaho n’amazi meza baziyongera cyane bakagera kuri 95%.

Ati “Si no ku Karere kacu gusa ruzaha amazi kuko ruzaha amazi Akarere ka Kayonza mu mirenge ya Murundi, Rukara na Mukarange, Akarere ka Nyagatare mu mirenge igera kuri itatu. Ikindi gukura amazi muri Muhazi twabonye ko ntacyo bitwaye kuko amazi azajya yiyongera, rero gukuramo amazi tugiye kuyaha abaturage ndetse n’amatungo nta kibazo aborozi bazongera kugira.”

Meya Gasana yavuze ko mu gishushanyo mbonera cyagutse cy’Akarere ka Gatsibo bashyizemo uburyo mu nkengero z’ikiyaga cya Muhazi hanabyazwa umusaruro mu bukerarugendo.

Uru ruganda biteganyijwe ko ruzuzura muri Kamena 2025 rukazatwara arenga miliyari 7 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .