00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwohereje mu mahanga ikawa ya miliyari 3 Frw mu cyumweru kimwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 Gashyantare 2023 saa 01:59
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko mu cyumweru gishize u Rwanda rwohereje mu mahanga ikawa ifite agaciro k’Amadorali ya Amerika 2, 796,579 [miliyari 3Frw].

Imibare ya NAEB igaragaza ko kuva kuwa 28 Mutarama kugeza kuwa 3 Gashyantare 2023, muri rusange ikawa yose yoherejwe mu mahanga mu ipima 489.6MT.

Ikilo kimwe cy’iyi kawa cyagurishwaga Amadolari 5.7. Yoherejwe ahanini muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa na Arabie Saoudite.

Mu cyumweru gishize kandi u Rwanda rwohereje mu mahanga ibikomoka ku matungo bifite agaciro k’Amadolari 218,367, ibinyamisogwe, ibinyampeke n’ifu bifite agaciro k’Amadolari 1, 534,281, ibinyabijumba by’Amadolari 231, 874 n’ibindi byoherejwe ahanini muri RDC, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Sudani y’Epfo.

U Rwanda kandi rwohereje mu mahanga imboga, imbuto n’indabo zipima 426.3MT, zavuyemo Amadolari 970, 852 aho nibura ikilo kimwe cyaguzwe ku Madolari 2.3.

Muri RDC, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bwongereza, u Buholandi, u Budage na Nigeria ni byo bihugu byoherejwemo cyane imboga, imbuto n’indabo mu cyumweru gishize.

U Rwanda rwohereje mu mahanga ikawa ya miliyari 3Frw mu cyumweru kimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .