00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi wa IMF

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 28 April 2024 saa 09:46
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF, Kristalina Georgieva, byibanze ku mikoranire hagati y’u Rwanda n’icyo kigega.

U Rwanda ni igihugu cya mbere cyo muri Afurika cyungukiye muri gahunda ya Resilience and Trust kuri ubu iri gushyirwa mu bikorwa mu gutera inkunga imishinga imwe n’imwe irebana no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe mu bihugu biri mu nzira y’Amajyambere.

Mu 2022, IMF yemereye u Rwanda miliyoni 319$ binyuze muri gahunda yayo igamije guhangana n’imihindagurikiye y’ibihe, Resilience and Sustainability Facility, yashyiriweho gufasha ibihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciciriritse, hagamijwe gukemura ibibazo by’igihe kirekire bikomoka ku ihindagurika ry’ibihe.

Muri 2023, iki Kigega cyumvikanye na Guverinoma y’u Rwanda ku nguzanyo izatangwa mu gihe cy’amezi 14, ifite agaciro ka miliyoni 262$ yo kwifashisha mu guhangana n’icyuho cyabayeho mu biciro bitewe n’imihindagukire y’ikirere.

U Rwanda na IMF bisanzwe bikorana muri byinshi ari nabyo byibanzweho muri ibyo biganiro hagati y’abayobozi b’impande zombi.

Aba bayobozi bahuriye muri Arabia Soudite aho Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya World Economic Forum yiga ku bufatanye n’iterambere ry’ingufu.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 28 Mata 2024, Umukuru w’Igihugu yitabira ikiganiro kigaruka ku cyerekezo gishya mu iterambere ry’Isi ’New Vision for Global Development’, kivuga ku buryo bwo kongera imbaraga mu bufatanye bugamije iterambere.

Ni ikiganiro ahuriramo na Perezida Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria; Minisitiri w’Intebe wa Malaysia, Anwar Ibrahim; Umuyobozi wa IMF, Kristalina Georgieva n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Lazard Group, Peter Orszag.

Perezida Kagame na Georgieva bishimiye imikoranire hagati y'u Rwanda na IMF
Ibiganiro by'impande zombi byitabiriwe n'abayobozi batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .