00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BNR yatanze umuburo ku bigo bine bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura abaturage

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 February 2025 saa 02:35
Yasuwe :

Banki Nkuru y’Igihugu yaburiye abaturage ko hari ibigo biri gukora ubucuruzi butemewe bw’amafaranga binyuze kuri internet, avuga ko ibyo bikorwa bitemewe mu Rwanda, uzabijyamo akwiriye kwirengera ibihombo azahuriramo nabyo.

Ibigo nk’ibi bikora ubucuruzi bw’amafaranga bikambura amafaranga abaturage bikomeje kuba byinshi, ndetse mu mwaka ushize, icyitwa Super Free to Trade Ltd (STT) cyakenesheje benshi nyuma y’uko bari barakigannye bizezwa ubukire bwihuse.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Imyitwarire y’Ibigo by’Imari muri Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Nsabimana Gerard, yatangaje ko ibi bigo biza mu Rwanda bikambura abaturage byitwaje ubucuruzi bw’amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga buzwi nka cryptocurrency.

Yatanze ingero kuri bine BNR iherutse kubona amakuru y’uko bikora, asaba abaturage guhagarika kubishyiramo amafaranga kuko ari ubwambuzi.

Ati “ Hari ibyo tumaze iminsi tubona bigera muri bine, hari icyitwa Die Equipment, cyiyitirira ikigo cyo muri Amerika kikavuga ko gitanga imashini z’ubuhinzi ariko mu by’ukuri ni icyo kwambura abaturage. Ntabwo gikorana n’icyo kigo cyo muri Amerika.”

“Hari icyitwa Pi network gikora ubucuruzi bwo kuri internet (cryptocurrency), ntabwo cyemewe. Hari icyitwa Dynace, gisa nk’aho gitanga imiti, hari icyitwa FlexFunds, ibyo byose mu by’ukuri ni ibiza kwambura abaturage.”

Yavuze ko ibyo bigo byose nta mategeko ahari abigenga mu Rwanda, bityo ubijyamo aba agomba kwirengera igihombo.

Ati “Abenshi babihombeyemo. Hari icyitwa Billionnaire Traders ngira ngo mwarakibonye, abaturage bavuga ko bahombeyemo miliyari 10 Frw.”

BNR igaragaza ko ubu bucuruzi bw’imitungo mvunjwafaranga idafatika (crypoassets) burimo ingorane nyinshi zirimo kutarengerwa n’amategeko, ubujura n’ingorane zo guhomba, guhindagurika gukabije kw’ibiciro no kudakorera mu mucyo.

BNR igaragaza ko mu gihe hatari hashyirwaho amategeko agenga ubu bucuruzi, nta mategeko arengera umushoramari cyangwa umuguzi w’imitungo igurishwa muri ubu buryo.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Imyitwarire y’Ibigo by’Imari muri Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Nsabimana Gerard, yasabye abaturage kuzibukira ubucuruzi bw’amafaranga bwifashisha ikoranabuhanga

Amafoto: Prince Rusa


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .