00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BK Group Plc yatangije Ikigo cy’Ubugiraneza cya BK Foundation

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 08:02
Yasuwe :

BK Group Plc yamuritse ikigo kizajya cyifashishwa mu bikorwa by’ubugiraneza cyiswe BK Foundation, aho kizajya gitera inkunga abafite imishinga itandukanye.

Imishinga izajya iterwa inkunga binyuze mu nkingi eshatu iki kigo cyibandaho zirimo uburezi, guhanga udushya no kubungabunga ibidukikije.

Cyatangijwe kuri uyu wa 26 Mutarama 2023 mu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo n’abagize Inama y’ubutegetsi ya BK Group Plc barangajwe imbere n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi wayo Marc Holtzman.

BK Group Plc isanzwe igira ibikorwa by’ubugiraneza bitandukanye birimo gufasha abantu kwivuza, gufasha abanyeshuri kubona amafaranga y’ishuri, gufasha abagore kubona serivisi z’imari binyuze muri BK Urumuri, Zamuka Mugore n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Béata Habyarimana, yavuze ko impamvu yo gutangiza BK Foundation yari uguhuriza ibi bikorwa byose hamwe bikagira ikigo kibigenzura mu buryo buhoraho.

Ati “Mu burezi tuzibanda ku bikorwa bisigasira uburezi bw’abana b’incuke, duhugure abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye n’ay’ubumenyingiro ku bijyanye n’imari.”

Mu bijyanye no gushyigikira imishinga ishingira ku guhanga udushya, Habyarimana yavuze ko bazagira uruhare mu gushyigikira urubyiruko rw’u Rwanda ruhanga udushya rugamije gushaka ibisubizo by’ibibazo umuryngo nyarwanda uhura na byo.

Yakomeje ati “Ku bijyanye no kubungabunga ibidukikije tuzatanga umuganda mu gutunganya ibishingwe n’imyanda hakorwamo ibindi bikoresho, tubungabunge amasoko y’amazi tubifatanya no gutera ibiti n’ibindi.”

BK Foundation ije yiyongera ku bindi bigo nka BK Techouse, BK Capital, BK General Insurance, Bank of Kigali Plc byose bibumbiye muri BK Group Plc.

Ingengo y’imari ya BK Foundation izajya iva mu mafaranga azajya ava muri ibi bigo bindi aho buri kimwe kizajya gitanga 1% by’inyungu yose cyinjije.

Kuri iyi nshuro BK Foundation yatangiranye miliyari 1 Frw, akazaturuka ku nyungu ibi bigo bindi bya BK Group Plc byungutse mu 2022.

Azifashishwa mu gukomeza gushyigikira bikorwa by’ubugiraneza yari yaratangije bikajyanirana n’abandi bazajya basaba gufashwa.

BK Foundation iyobowe na Ingrid Karangwayire nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa.

Marc Holtzman yagize ati“Kugira ngo dutangize BK Foundation twigiye kuri Nyakubahwa Perezida Kagame, ku bijyanye no kwita ku nshingano ariko agasubira inyuma agafasha abaturage by’umwihariko. Ibyo byaduteye imbaraga bituma dutekereza uko twatangiza iki kigo.”

Yashimangiye ko Karangwayire ndetse n’abandi bayobozi ba biriya bigo bazagira uruhare runini mu kumenyekanisha BK Foundation, abantu bakamenya ibyo ikora hagamijwe kureba n’imishinga itanga icyizere igafashwa.

Umuyobozi Mukuru w'Inama y'Ubutegetsi ya BK Group Plc, Marc Holtzman n'Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Habyarimana Béata nibo bayoboye umuhango wo gufungura BK Foundation
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi ari mu bayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza BK Foundation
Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Habyarimana Béata, yavuze ko amafaranga BK Foundation izajya ikoresha azajya ava kuri 1% by'inyungu buri kigo cyo muri BK Group Plc cyinjiza
BK Foundation yashinzwe mu buryo bwo guhuriza hamwe ibikorwa by'ubugiraneza bitandukanye byakorwaga na BK Group Plc mu buryo bwo gukomeza gushyigikira umuryango nyarwanda mu iterambere
Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y'Ubwishingizi ya Banki ya Kigali, BK Insurance, Alex Bahizi na we yari yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro BK Foundation
Umuyobozi Mukuru w'Inama y'Ubutegetsi ya BK Group Plc, Marc Holtzman yavuze ko gutangiza BK Foundation babikomoye ku Muryango Imbuto Foundation ugira uruhare mu guhindura ubuzima bw'abaturage
Umuyobozi wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine, yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro BK Foundation
Abayobozi b'Ibigo bitandukanye byo muri BK Group Plc na bo bari bitabiriye umuhango wo gutangiza Ikigo cy'Ubugiraneza cya BK Foundation

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .