Uyu mugabo w’umunyabigwi muri muzika, agiye kumara icyumweru mu Rwanda mu rugendo rwe bwite ariko byitezwe ko rushobora gushibukamo imikoranire yo mu yindi sura.
Amashusho yashyizwe ku rukuta rwa Twitter rwa Visit Rwanda, amugaragaza ari mu Birunga yagiye gusura ingagi, ndetse asangiza abantu ibyishimo afite. Yasuye umuryango wa Kwitonda, abona uburyo izi nyamaswa zifite imiterere igiye kumera nk’iy’umuntu n’ibindi.
Ku rukura rwe rwa Instagram naho yasangije abamukurikira amashusho y’umwana usa n’uri ahantu mu cyumba uri kubyina, avuga ko yishimiye kuba ari mu Amakaro (hotel y’akataraboneka iri hafi ya Pariki y’Ibirunga), avuga ko ari ahantu bakirana ababagana urugwiro ha mbere yabonye mu buzima bwe.
Teddy Riley wageze mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki 5 Ukuboza akabanza gushyirwa mu kato kugira ngo apimwe Covid-19, ku wa Mbere tariki 7 Ukuboza yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, anunamira inzirakarengane ziharuhukiye.
Nyuma yasuye ishuri rya muzika rya Nyundo aganira n’abanyeshuri baho ndetse abemerera kuzagaruka azanye n’inshuti ze bakareba impano ziri mu Rwanda. Yagiranye ibiganiro kandi n’abakora mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda anasura inzu ihanga imideli ya House of Tayo.
"We are with the Kwitonda family. Wow, look at them. They're so beautiful."@TeddyRiley1 treks to see mountain gorillas 🦍 in @VolcanoesPark. #VisitRwanda pic.twitter.com/l1IqoF8Nqx
— Visit Rwanda (@visitrwanda_now) December 12, 2020
.@teddyriley1 paid a visit to Rwanda’s Nyundo School of Music where he learnt about the school’s history, Rwandan culture, and shared some words of wisdom with the students.
The legendary singer then performed a classic hit alongside the talented students.#VisitRwanda pic.twitter.com/kdHeQVpxMq
— Visit Rwanda (@visitrwanda_now) December 8, 2020
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!