00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rosette Rugamba yavuye imuzi urugendo rwe mu gutangiza Amakoro Lodge na Songa Africa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 November 2023 saa 06:50
Yasuwe :

Rosette Chantal Rugamba ni umwe mu bantu bafatiye runini urwego rw’ubukerarugendo mu Rwanda. Yakoze muri Leta ashinzwe ubukerarugendo, nyuma ajya kwikorera atangiza ikigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo bwo ku rwego rwo hejuru.

Ni we washinze Ikigo “Songa Africa” gitwara ba mukerarugendo na hotel itanga ubukerarugendo bwo ku rwego rwo hejuru ya ‘Amakoro Lodge’.

Mu 2003 nibwo yagizwe Umuyobozi w’Ikigo cyari gishinzwe Ubukerarugendo, ORTPN, aho yari ashinzwe gushyira mu bikorwa ingamba zafasha u Rwanda guteza imbere ubukerarugendo nyuma y’ibihe bigoye igihugu cyari kivuyemo bya Jenoside.

Ibyo byagombaga kujyana no kurengera ibidukikije binyuze muri za Pariki z’igihugu eshatu zari zihari icyo gihe.

Magingo aya, Rugamba yavuze ko ibyo u Rwanda rugezeho mu bukerarugendo, ari “umusaruro wa gahunda nziza guverinoma yafashe”, ku buryo ingamba zose zemejwe zishyirwa mu bikorwa.

Ati “Turi kubona ubukerarugendo bwa nyabwo […] ibyo urota ukabibona.”

Mu Nama y’Ihuriro ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo (WTTC), yitabiriwe n’abayobozi bakuru barimo Perezida Kagame, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan na Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza n’abandi bakuru ba za Guverinoma; Rugamba yagarutse ku rugendo rwe.

Yavuze ko mu 2010 yatangije Songa Africa, ikigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo kuko yari amaze kubona neza gahunda nziza guverinoma ifite.

Ati “Nabikoze kuko nari maze imyaka irindwi muri guverinoma, nari nzi gahunda ziri gushyirwamo.”

Yavuze ko yari izi ibyo igihugu cyifuza, ashaka kumenyekanisha u Rwanda atagamije inyungu gusa, ahubwo no kugira ngo umuntu wese ugannye ikigo cye, abone ko idolari ryose atanga rigira akamaro no ku bijyanye n’ibidukikije.

Rosette Rugamba yavuye imuzi urugendo rwe mu gutangiza Amakolo Lodge na Songa Africa

Nyuma yaho yatangije Amakoro Songa Lodge, hotel itanga serivisi z’ubukerarugendo rwo ku rwego mpuzamahanga iri hafi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga. Yamufashije gushyira mu ngiro ibyo yifuzaga.

Ati “Ntabwo byoroshye ariko birashoboka.”

Yavuze ko yasuye ibihugu 19 bya Afurika ari gukora inyigo ku bukerarugendo bwo mu bihugu bibarizwa muri COMESA. Icyo gihe yasanze 16 muri byo byarashyize imbere ubukerarugendo.

Ati “Mu Amakoro duharanira ko gahunda yose twashyizeho iba ijyanye n’iza Guverinoma.”

Yavuze ko ibihugu 54 bya Afurika buri kimwe gifite umwihariko wacyo, ko ushobora gushingirwaho mu bukerarugendo aho gukora ibintu bisa nk’iby’abandi.

Ni aho yahereye agena ko abantu bagana Amakoro bajya baboneraho umwanya wo kwiga Umuco Nyarwanda biturutse muri serivisi bahabwa.

Ati “Twaravuze tuti tuzavugiriza ingoma ba mukerarugendo bacu binjira, hanyuma nibasohoka na bo batuvugirize ingoma”.

Usibye ibyo, Rugamba yavuze ko byinshi mu byo umubyeyi we yamwigishije akiri muto bijyanye n’Umuco Nyarwanda, yabihereyeho abishyira mu bikorwa muri serivisi zitangwa mu Amakoro ku buryo abakiliya bataha bifuza kwiga byinshi kuri wo.

Ikindi yashyizemo imbaraga atangira, ni uguteza imbere abantu baturiye agace akoreramo ku buryo mbere na mbere intego yari uko 50% by’ibikoresho iyi hotel ikoresha biva mu baturage hafi aho.

Ngo byari bigoye ariko iyo ntego ya 50% yagezweho iranarenga aho uyu munsi ikigereranyo ari 67,5%.

Yakomeje agira ati “Abakozi 100% ni Abanyarwanda kandi batanga serivisi z’ubukerarugendo bwo ku rwego rwo hejuru.”

Muri gahunda yari afite atangira Amakoro, harimo no kurengera ibidukikije. Yashyizeho gahunda yo gutera ibiti hafi ya hotel ku buryo ubu bimaze guterwa ku buso bwa hegitari 15.

Yavuze ko ba mukerarugendo bagana iyi hotel, bahava bateye ibiti ku buryo ubu hamaze guterwa 1500 ndetse yanashatse umukozi ushinzwe kubyitaho.

Ati “Abakerarugendo bahora bambaza bati igiti cyanjye kimeze gute?”

Amakoro Songa Lodge iherereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze. Ni inyubako ziri ahantu hatuje, ku buryo igihe wasuye ingagi mu Birunga cyangwa wagiyeyo kuruhuka, hagufasha gusubiza ubwenge ku gihe ukunga ubumwe n’ibidukikije.

Rosette Rugamba yavuze ko muri serivisi zitangirwa mu Amakoro Lodge hiyongeraho no kwimakaza umuco wo kubungabunga ibidukikije
Rugamba Rosette yinjiye mu bukerarugendo ashaka kumenyekanisha u Rwanda
Rosette Chantal Rugamba yashinze Ikigo “Songa Africa” gitwara ba mukerarugendo na hotel y'inyenyeri eshanu ‘Amakoro Lodge’
Amakoro Songa Lodge yiswe iri zina biturutse ku mabuye aboneka mu Majyaruguru y’u Rwanda azwi nk’amakoro
Amakoro Songa Lodge ifite inyenyeri eshanu ni inyubako zakira ba mukerarugendo ziherereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze
Ziri ahantu hatuje ku buryo uwasuye ingagi mu Birunga cyangwa wagiyeyo kuruhukira hamugwa neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .