00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: NCBA Rwanda yashimiwe uruhare rwayo mu irushanwa ryo kwibuka

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 May 2025 saa 10:09
Yasuwe :

NCBA Rwanda yashimwe nk’umuterankunga w’imena muri Tennis mu irushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Niyigena Etienne yegukanye iri rushanwa atsinze mukeba we Ishimwe Claude amaseti 2-1 (6-2, 5-7, 10-8).

Kuva tariki ya 10 kugeza ku Cyumweru, tariki ya 18 Gicurasi 2025, ku bibuga bya IPRC Kigali, haberaga imikino ya Tennis y’irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31.

Iri rushanwa ryahurije hamwe abakinnyi barenga 140 baturutse mu makipe yose y’abanyamuryango b’Ishyirahamwe rya Tennis mu Rwanda (FRT), bakina mu byiciro icyenda.

Muri ibi byiciro harimo iby’ababigize umwuga, abatarabigize umwuga, abakuze ndetse n’abafite ubumuga. Haba mu bakina ari babiri (Doubles) ndetse n’abakina ari umwe (Singles), bahatanye mu bagabo ndetse n’abagore.

Ku munsi wa nyuma w’iri rushanwa, mbere y’uko hamenyekana abakinnyi bitwaye neza, abakinnyi, abatoza, abayobozi ba FRT ndetse n’abari bahagarariye Komite Olempike y’u Rwanda na Minisiteri ya Siporo, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Iki gikorwa cyaranzwe no gusura urwibutso no gusobanurirwa amateka ya Jenoside, ndetse bashyira n’indabo ku mva zishyinguwemo imibiri y’inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994.

Mbere yo guhangana ku bakinnyi bahataniraga umwanya wa mbere muri iri rushanwa, Perezida wa FRT, Karenzi Theoneste, yashimiye NCBA Rwanda yagize uruhare mu gutuma intego zatumye irushanwa riba zigerwaho.

Ati “"Ni igikorwa tugira buri mwaka, ariko uyu mwaka wo wari akarusho. Hitabiriye abakinnyi bagera ku 145 bishimangira intego yatumye rishyirwaho yo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside."

"NCBA Bank Rwanda yaradufashije cyane muri uyu mwaka, kandi turi mu biganiro ko ubufatanye bwakomeza no mu marushanwa yandi dutegura muri Tennis."

Umwe mu bahagaririye ubucuruzi muri NCBA Rwanda, Manzi Nicholas, yavuze ko gutera inkunga siporo bituma banki iteza imbere abaturage birenze serivisi z’amafaranga.

Ati “Gushyigikira ibikorwa bya siporo bidufasha kwegerena n’abaturage kandi tukabafasha mu iterambere ryabo byisumbuye ku zindi serivisi zirebana n’izo banki ikora.”

“Uko tuba abafatanyabikorwa mu yindi mikino, ni ko bizagenda no muri Tennis kuko ni umukino ubona ko ufite gahunda kandi uri gutera imbere cyane mu Rwanda.”

Abakinnyi bitwaye neza ni Karekezi Colin watsinze Rukundo Innocent amaseti 2-0 (6-2, 7-6(3)) mu cyiciro cy’abatarabigize umwuga bakina ari umwe, muri iki cyiciro mu bakina ari babiri Antony Hachez ukinana na Vincent Vincent batsinzwe na Sean Buckley ukinana na Mugisha Livingston amaseti 2-0 (7-5, 6-0).

Mu cyiciro cy’abakuze [barengeje imyaka 60] bakina ari babiri, Gashugi Innocent na Mucyurabuhoro Eslon batsinze Gatera Augustin na Katarebe Alphonse amaseti 2-0 (6-3, 7-5).

Umukino wari ukomeye kuri uyu munsi, ni uwo Niyigena Etienne yatsindiyemo mukeba we Ishimwe Claude amaseti 2-1 (6-2, 5-7, 10-8). Mu bagore Umumararungu Gisele yavuye inyuma atsinda Carine Nishimwe amaseti 2-1 (4-6, 6-0, 6-0).

Hashize icyumweru muri IPRC Kigali habera imikino yatewe inkunga na NCBA Rwanda
Ikibuga cyari cyateguwe mbere yo kuberaho imikino ya nyuma
NCBA Rwanda irakataje mu guteza imbere umukino wa Tennis mu Rwanda
Abakinnyi ba Tennis bitwaje indabo zo guha icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside
Umukozi wo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aganiriza amateka aba-sportifs babarizwa muri Tennis
Buri wese yahawe uburenganzira bwo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Umutoni Salama yifatanyije n'abayobozi ba Tennis mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Perezida wa FRT, Karenzi Theoneste, yari kumwe n'abandi mu gikorwa cyo kwibuka
Visi Perezida wa kabiri wa Komite Olempike yatanze ubutumwa bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Umunsi wa nyuma w'imikino waranzwe no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Imikino ya nyuma yitabiriwe n'abatari bake
Buri mwaka hategura irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Perezida wa FRT, Karenzi Theoneste, yashimye umufatanyabikorwa mukuru NCBA
Abayobozi muri Tennis bakurikiye imikino
Rukundo Innocent yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Karekezi Colin
Karekezi Colin yakinnye umukino mwiza ku munsi wa nyuma
Antony Hachez ari gutangiza umupira
Antony Hachez yitegura kwakira umupira
Vincent Vincent yakinanye imbaraga ariko baratsindwa
Livingstone Mugisha yakoresheje imbaraga afasha ikipe ye kwegukana umukino
Umumararungu Gisele yitwaye neza mu iseti ya nyuma
Nishimwe Nicole yagerageje kwihagararaho ariko Umumararungu Gisele ntiyamworohera
Niyigena Etienne ni umwe mu bakinnyi beza mu Rwanda muri Tennis
Niyigena Etienne yitwaye neza ku mukino wa nyuma
Ishimwe Claude yatsindiwe ku mukino wa nyuma
Ishimwe Claude yatsinzwe ntako atagize
Yvonne Maniragena yitwaye neza mu bagore bafite ubumuga
Mu marushanwa yabaye harimo icyiciro cy'abafite ubumuga
Eslon Mucyurabuhuro yegukanye irushanwa ryo kwibuka mu bakuze barengeje imyaka 60
Ubwo abakinnyi bitwaye neza bari bategereje guhembwa
Antony Hachez na Vincent Vincent bahawe igihembo cy'umwanya wa kabiri mu bakina ari babiri batarabigize umwuga
Nishimwe Nicole yahembwe nk'umukinnyi wa kabiri mu bagore babigize umwuga
Abakinnyi begukanye ibihembo mu irushanwa rya Tennis ryo kwibuka

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .