00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN Rwanda yamuritse GWAMON izafasha abahamagara n’abakoresha internet

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 February 2025 saa 01:55
Yasuwe :

Sosiyete y’Itumanaho mu Rwanda ya MTN Rwanda yamuritse pake nshya yiswe ‘GWAMON’, yazanye impinduka mu bijyanye no guhamagarana na Internet.

Ni umuhango wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 8 Gashyantare 2025, ubera ku Cyicaro Gikuru cya MTN Rwanda.

Hagaragajwe ko GWAMON ari gahunda izafasha abantu mu byiciro bitandukanye baba abafite kuva ku bushobozi buri hasi kuzamura, kandi buri wese agakomeza kunogerwa na serivisi ahabwa.

Mu byiciro icuruzwamo hari igura 500 Frw, umukiliya agahabwa iminota 700 yo guhamagara na SMS 30, indi ikaba 1000 Frw agahabwa 7GB za internet na SMS 30, mu gihe uwishyuye 1500 Frw ahabwa iminota 800 yo guhamagara, 8GB za internet na SMS 30.

Umuyobozi ushinzwe serivisi zihabwa abakiliya, Ingabire Violette, yavuze ko abakiliya bakiriye neza GWAMON, kuko ifite udushya.’

Ati “Abakiliya bacu bose bashobora kubona ibyo bifuza, yaba abashaka guhamagara, kohereza ubutumwa bugufi cyangwa ababishaka byombi. Iyi yiyongreye ku zindi kugira ngo bagire amahitamo menshi bigendanye n’ibyiciro birimo.”

“Imaze iminsi itangiye gukora kandi kugeza ubu batweretse ko bayakiriye neza, bidutra imbaraga zo gukomeza guhanga udushya muri MTN Rwanda.”

GWAMON ni pake igurwa igashirana no ku Cyumweru hatitawe ku munsi umuntu yayiguzeho, ari na yo mpamvu ituma MTN ishishikariza muri wese kuyigura ku wa Mbere.

Birumvikana ko uwayiguze ku wa Mbere w’icyumweru aba afite amahirwe yo kuyikoresha icyumweru cyose, mu gihe abayiguze ku yindi minsi bayikoresha igihe gito bitewe n’umunsi bayiguriyeho.

MTN Rwanda yagaragaje yagaragaje kandi ko abahanzi nyarwanda, Kivumbi King na Bwiza, ari bo bazakorana cyane na yo mu kwamamaza iyi serivisi usanga ku *345#, kugira ngo benshi bayisangemo.

MTN Rwanda ihamya ko izakomeza gukora ku ibishoboka byose ikaguma mu murongo wo kuba ikigo gitanga serivisi nziza kandi cyunguka mu buryo burambye nk’uko biri muri gahunda y’ibikorwa ya 2025.

GWAMON iri mu byiciro byoroheye buri wese
Umunyarwenya Clapton Kibonge yari mu bitabiriye iki gikorwa
Abakiliya ba MTN Rwanda bifatanyije na yo mu kumurika GWAMON
Benshi batahanye ibihembo
Abakiliya basobonuriwe imikorere ya GWAMON
Habonetse n'umwanya wo gucinya umudiho
Bwiza yifatanyije n'abakiliya kuryoherwa n'ibirori
Bwiza na Anita Pendo bifatanya n'abakiliya kubyina
Mu gushyira hanze GWAMON hari hateguwe imikino itandukanye
Kivumbi King azafatanya na MTN Rwanda kwamamaza GWAMON
Umunyarwenya Rusine Patrick yizihiwe
Wari umunsi udasanzwe kuri MTN Rwanda, abafatanyabikorwa bayo n'abakiliya bayo

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .