00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mega Global Market yifatanyije n’ab’i Nyaruguru kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 4 December 2024 saa 04:11
Yasuwe :

Ikigo Mega Global Market gitanga serivisi z’ubuzima zitandukanye cyifatanyije n’abo mu Ntara y’Amajyepfo mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga.

Mega Global Market ikora ibikorwa bitandukanye ahanini bigamije gufasha abantu kugira ubuzima buzira umuze, birangajwe imbere no gucuruza imashini zifasha abantu kugorora iminsi yaba abafite ubumuga n’abatabufite.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 03 Ukuboza 2024 kibera mu Karere ka Nyaruguru, mu Murenge wa Kibeho, ahizihirijwe uwo munsi ku rwego rw’igihugu.

Witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice.

Ni igikorwa Mega Global Market yamuritsemo bimwe mu bikoresho icuruza bifasha abafite ubumuga gukora imyitozo ngororamubiri n’uburyo bikomeje gufasha abantu batandukanye.

Abacyitabiriye basuye ahaberaga imurikwabikorwa bya Mega Global Market berekwa imashini zafasha abafite ubumuga gukora imyitozo ngororamubiri.

Ni na ko abakozi ba Mega Global Market basobanuriraga ababasuye uko bakwita ku buzima ndetse babereka udushya twahanzwe hagamijwe gufasha, kuvura no gukumira indwara zitandura n’ingaruka zazo.

Uretse gucuruza izo mashini, Mega Global Market inatanga inyunganiramirire z’umwimerere zirindwi zirinda indwara kandi zifite ibyangombwa by’buziranenge byemewe n’ibigo bitandukanye ku Isi.

Ibyo kandi bijyana no gufasha kabifuza kujya mu mahanga nko kwiga,gutembera, gukora mu bihugu by’u Burayi, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyo mirimo icyo kigo giherutse kuyihemberwa, aho cyabaye icya mbere mu Rwanda mu bigo bibikora. Ni igihembo cya Abroad Education Agency of the Year mu bitangwa n’Ikigo Karisimbi Events.

Mega Global Link ifasha abagiye mu mahanga barimo abagenda bagiye mu kazi, kwiga, byaba iby’igihe kirekire cyangwa amasomo y’igihe kigufi, mu mashuri yisumbuye, abanza, abagiye gusura inshuti n’abavandimwe n’ababa bagiye gutembera cyangwa kwivuza.

Yagabye amashami aho kuri ubu ifite ibiro mu Rwanda, igakorera i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Canada no mu Burayi.

Abayobozi batandukanye barimo n'abo muri Mega Global Market bifatanyije n'ab'i Nyaruguru mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga
Imashini ifasha mu gutunganya amaguru akaba meza wayisanga muri Mega Global Market
Mega Global Market ifite imashini zikora massage ku birenge
Mega Global Market ifasha abashaka kwiga muri Canada kugerayo byoroshye
Kuri ubu ushaka gutemberera mu Burayi yiyambaza Mega Global Market

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .