00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank (Rwanda) Plc yakoze umwitozo wo kuzimya inkongi y’umuriro

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 December 2024 saa 09:45
Yasuwe :

I&M Bank (Rwanda) Plc yakoze umwitozo wo kuzimya inkongi mu rwego rwo kugira ngo hatangwe amahugurwa y’uburyo abahakorera bashobore kwirwanaho mu gihe hafashwe n’inkongi y’umuriro.

Uyu wari umwitozo wateguwe n’ubuyobozi bwa I&M Bank (Rwanda) Plc ndetse n’Ishami rishinzwe kurwanya Inkongi n’Ubutabazi muri Polisi y’Igihugu.

Ahagana saa Ine n’Igice zo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Ukuboza 2024, ni bwo mu nyubako ikoreramo I&M Bank (Rwanda) Plc, havugijwe intabaza ikoreshwa igihe inyubako ifashwe n’inkongi y’umurimo.

Abakozi ba Banki, abakorera muri iyo nyubako n’abandi bose barimo bashaka serivisi zitandukanye bakwiriye imishwaro, buri wese yihuta ashakira ubuhingiro hanze y’inyubako kuko batekerezaga ko inzu ifashwe n’inkongi.

Ikintu cya mbere babwiwe ni ugusohokera ahabugenewe mu gihe inyubako ifashwe n’inkongi birinda gukoresha esanseri.

Beretswe ko niba inkongi ifashe inyubako rusange bagomba guhurira ahantu hamwe hagenwe kandi hitaruye inyubako, bakibuka guhamagara ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi y’umuriro.

Nyuma yo gusobanurirwa ibyo baneretswe uburyo bashobora kwitabara no gutabara bagenzi babo, bifashishije ibizimyankongi biba biri ahantu hatandukanye mu nyubako.

Abakorera muri iyi nyubako bahawe ubumenyi bwihariye bw’uko bakwitwara mu bihe nk’ibi, bibukijwe ko ikindi bagomba kwitaho ari ukwita ku bato n’abafite intege nke nk’ubumuga n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe umutekano muri I&M Bank (Rwanda) Plc, Rusagara Gilbert yavuze ko uyu mwitozo wakozwe kugira ngo batange amahugurwa ku bakorera muri 9 on the Avenue.

Ati “Iki gikorwa cyari kigamije gutanga ubutumwa ku bakorera muri iyi nyubako cyangwa abaje gushakamo serivise zitandukanye. Igihe icyo aricyo cyose bitewe n’impamvu runaka hashobora kuba inkongi y’umuriro, ibyo rero bisaba ko bagira ubumenyi ku bigendanye no kuzikumira n’ubutabazi.”

Polisi yabwiye abakorera muri iyi nyubako ko hari uburyo batabarwa byihuse baramutse bahamagaye ku mirongo itishyurwa ya 111 cyangwa 112.

Haba hateganyijwe uburyo bwo gutabara abagize intege nke
Ubwo abakozi basohokaga mu nyubako nyuma yo kumva intabaza
Abakorerera mu nyubako zihuriramo abantu benshi bashishikarizwa kugira ubumenyi kuzimya inkongi
IModoka ya Polisi iba itwaye amazi n'urufuro rwifashishwa mu kuzimya umuriro
Polisi ihora yiteguye gutanga ubutabazi ku bazimya inkongi
Polisi y'u Rwanda yahuguye abakozi
Abakozi ba I&M Bank Rwanda Plc. bahabwa amahugurwa buri mwaka
Iyo inkongi ikabije bazimya bakoresha amazi bazimya umuriro
Umuyobozi ushinzwe umutekano muri I&M Bank (Rwanda) Plc, Rusagara Gilbert yavuze ko ibikorwa nk'ibi bikwiriye kubaho kenshi kugira ngo abakozi bagire ubumenyi buhagije
Abakozi bose bumvise intabaza basohoka berekeza ahabugenewe
Abakozi ba I&M Bank Rwanda Plc. beretswe uko wazimya inkongi witabara
Abapolisi beretse abakozi uko iyo inkongi yibasiye inyubako batanga ubutabazi bw'ibanze

Amafoto: Jabo Robert


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .