00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fitnesspoint yafunguye ishami rifite ubushobozi bwo kuba ‘Gym’ ya mbere mu Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 January 2025 saa 01:20
Yasuwe :

Inzu y’imyitozo ngororamubiri ya Fitnesspoint yatangiye gukorera i Remera, aho yashyize ibikoresho byinshi kandi bigezweho bigendanye n’ibyifuzo benshi mu bayigana bari baragaragaje.

Fitnesspoint ni imwe muri Gym zimaze kumenyekana mu Rwanda ndetse ikaba iganwa n’abatari bake bashaka gukora siporo no gukora imyitozo ngororamubiri n’ibindi.

Nyuma yo gusanga aho yakoreraga i Nyarutarama ari hato no kubisabwa n’abakunzi bayo, yateye intambwe igana i Remera ahahoze Sport View Hotel i Remera.

Aha yahasanze umwanya munini abakora siporo bashobora kwifashisha kandi bisanzuye, ishyiramo ibikoresho bitandukanye byabugenewe birimo ibyuma (Dumbbell, Weight plate, Barbell) bifite ibiro bitandukanye.

Usibye ibi byuma hari imashini zizwi nka ‘Treadmill’, ‘Cable machines’, ‘Elliptical trainer’, ‘Indoor rower’, ‘Multi gyms’, ‘Smith Machine’, ‘Medicine ball’ n’izindi nyinshi.

Iyi nzi ifite umwanya uhagije ushobora kujyama abarenga 60 bari gukorera hamwe siporo mu buryo bwa rusange, umwanya wihariye w’imikino njyarugamba, kandi ikagira umwanya wahariwe abakinnyi b’amakipe runaka kuba bakora imyitozo ngororamubiri.

By’umwihariko umukino wa Basketball n’uwo gusiganwa ku magare watekerejweho kuko hashyizwe ikibuga cya Basketball kizuzura mu gihe cya vuba ndetse n’umwanya w’amagare yo ku ikoranabuhanga ushobora gutwara utavuye aho uri.

Nyuma y’uko Fitnesspoint irangije imirimo yo kubaka pisine n’ikibuga cya Basketball abantu bashobora kujya gukoreramo siporo, irateganya kurangiza kubaka umwanya w’aho abana bakorera siporo bakanidagadurira.

Abagore bashaka ko imiterere yabo irushaho kuba ibanga nk’abasilamu, bubakiwe umwanya wihariye urimo byose bakwifashisha bakora siporo.

Iruhande rw’inzu ikorerwamo siporo hateganyijwe umwanya utegurirwamo amafunguro n’ibindi byafasha ukora siporo kurushaho kugira ubuzima bwiza ndetse na sauna, byose bikazaba byarangiye mu mpera za Mutarama 2025.

Aho imirimo itararangira, abagana Fitnesspoint bashobora kwifashisha irindi shami ryayo riherereye Kimihurura ryatangiye gukora mu 2021.

Mu gihe cya vuba iyi nzu kandi irafungura irindi shami rishya rizaba riherereye i Gacuriro mu Mujyi wa Kigali.

Fitnesspoint ikorera ahahoze Sports View Hotel
Fitnesspoint yimukiye mu nyubako ifite umwanya uhagije
Ishimi rishya ryafunguwe riherereye i Remera
Abagana Fitnesspoint bashobora kuhasanga bimwe mu bikoresho bishya kandi bigezweho
Fitnesspoint ifite ibikoresho byinshi kandi bigezweho
Intungamubiri abakora siporo bashobora gufata bazibona ku buryo bworoshye
Ishami rishya ryubakanywe ikibuga cya Basketball
Abakinnyi bubakiwe umwanya wabo wihariye muri Fitnesspoint
Imashini zifashishwa muri siporo zose ziboneka muri Fitnesspoint
Imashini zizwi nka 'treadmil' zikunze kwifashishwa n'abakora siporo
Ibikoresho biri muri Fitnesspoint birahagije kuri buri wese
Ushaka koga na we yatekerejweho hatunganywa pisine nziza
Ahatangirwa amasomo ya siporo hahawe umwanya uhagije
Hateguwe umwanya wagenewe abakina imikino njyarugamba
Aho abagore bashobora gukorera siporo mu buryo bw'ibanga
Imashini ziri muri Fitnesspoint zigezweho
Fitnesspoint ikorera ahahoze Sports View Hotel
Fitnesspoint yimukiye mu nyubako ifite umwanya uhagije

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .