00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BDF igeze kuri 96% itanga serivisi z’imari ku rubyiruko

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 27 July 2024 saa 02:17
Yasuwe :

Abanyeshuri ba Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK), biyemeje kubyaza umusaruro amahirwe ibigo by’imari byashyiriyeho urubyiruko, aho beretswe ko nka BDF igeze ku kigero cya 96% itanga izi serivisi mu Rwanda.

Ibi ni bimwe mu byatangarijwe urubyiruko mu buryo bwo kurworohereza kubona igishoro cyo gutangira imishinga no kucyishyura mu buryo bworoshye, binyuze mu kiganiro rwagiranye n’ibigo by’imari iciriritse n’iby’ubwishingizi.

Umuyobozi Mukuru w’’Ikigega gishinzwe guteza Imbere Imishinga Mito n’Iciriritse, BDF, Munyeshyaka Vincent yabwiye uru rubyiriko ko mu 2012 ubwo ikigo ayoboye cyari kimaze umwaka umwe cyagezaga serivisi z’imari mu Rwanda ku kigero cya kuri 72%, ariko ubu bigeze ku cya 96%.

Munyeshyaka akomeza agira ati “Mu bari mu myaka hagati ya 16 na 30, abatagerwaho na serivise z’imari bari kuri 6%. Inzitizi bagihura na zo ni izijyanye no kitagira ingwate ndetse nta n’igishoro bafite cyo gutangira ishoramari. Ikindi, amabanki aba ashaka gukorana n’umuntu usanzwe abitsa anabikuza, iyo bitari ibyo ntago bakwizera”.

Irumva Sylvain wiga mu ishami ry’Ibaruramari yagize ati “Amahirwe twasanze asanzwe ahari ahubwo ikibazo kwari ukutagira amakuru y’uburyo bwo kuyabona.”

“Nk’ubu hari ibigo by’imari tutamenyaga serivise z’umwihariko biha urubyiruko. Namenye ko nk’urubyiruko, mu gihe mfite umushinga nabasha kubona inguzanyo kandi nkazishyura igice kimwe ikindi kikaba inkunga”.

Ishimwe David we yavuze ko urubyiruko rujya rugira ikibazo cyo kutitinyuka ngo rutangire imishinga kandi nibura 30% y’ayo rwinjiza agomba kuba ubwizigame.

Ibi kandi bigira akamaro kuko “iyo wizigamiye bituma banki mukorana ikugirira icyizere noneho ikabasha kuguha ya nguzanyo. Ibyo twahigiye tugomba kubishyira mu bikorwa”.

BDF ifasha urubyiruko yagize rukeneye igikoresho cyo gutangira umushinga, aho ikigura byibuze miliyoni 10 Rwf, wishyura miliyoni 7.5 Rwf uri mu kazi ndetse andi miliyoni 2.5 Rwf akaba inkunga.

Hari kandi gahunda yo gufasha urubyiruko mu mishinga yo gutanganya ibikomoka ku buhinzi aho tubaha inkunga ya 20% by’agaciro kose ndetse andi 80% tukayabaha nk’inguzanyo bazishyurura baramaze gutangira gukora

Iki kigega kandi gifite gahunda ya ‘Refinancing’ izashorwamo miliyari 120 Frw zizashyirwa muri SACCO n’ibigo by’imari iciriritse kugira ngo zigire ubushobozi bwo guha inguzanyo abakozi n’abandi ba rwiyemezamirimo bakeneye amafaranga menshi kandi urubyiruko rworoherezwe.

Kwikiriza Jackson uyobora Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda (AMIR), yavuze ko ibyo bigo na byo bifite imishinga bifasha kuzamuka harimo iy’ubuhinzi, ubwikorezi, kwakira abantu n’indi inyuranye urubyiruko rwakisangwamo.

Munyeshyaka Vincent yibukije urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe yo kwegerezwa serivise z’imari
Kwikiriza Jackson yeretse urubyiruko ko ibigo by’imari bibasha gukorana n’abantu basanzwe bizigamira
BDF igeze ku kigero cya 96% itanga serivisi ku rubyiruko
Ibigo by'imari bisabwa gushyiraho uburyo bufasha urubyiruko
Abayobozi b'ibigo by'imari ziciriritse ndetse n'imishinga ifasha urubyiruko byarweretse ko rugomba kubyaza umusaruro amahirwe rufite
Abanyeshuri ba ULK basobanuriwe uko bakwihangira imirimo
Urubyiruko rwigishijwe ko kwizigamira 30% y'ayo rubona byarufasha kubona inguzanyo
Urubyiruko rwanyuzwe n'impanuro rwahawe ku by'imari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .