00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abitabiriye Car Free Day baganujwe ibyiza bya ‘eKash’

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 December 2024 saa 02:30
Yasuwe :

Ikigo gitanga serivisi zo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga, RSwitch cyifashishije ‘Car Free Day’ gisobanurira abatuye mu Mujyi wa Kigali ibyiza bya ‘eKash’ n’uburyo ikomeje guteza imbere gahunda yo guhererekanya amafaranga ku ikoranabuhanga.

Ku Cyumweru tariki ya 8 Ukuboza 2024, ni bwo mu Mujyi wa Kigali habaye Siporo Rusange isanzwe iba kabiri mu kwezi, yitabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta, ab’ibigo byikorera n’abandi basanzwe biganjemo abakuru n’abana.

Abakozi ba RSwitch ifatanyije na Access to Finance Rwanda, ni bamwe mu bitabiriye iyi siporo, bahagurukira kuri BK Arena berekeza Kimihurura hafi n’inyubako ya Kigali Heights bifatanya n’abandi kunanura imitsi.

Umunyarwenya Niyitegeka Gratien ‘Papa Sava’, ni we watanze ikiganiro kuri iri koranabuhanga, agaragariza abitabiriye iyi siporo ibyiza bya eKash yashyiriweho Abanyarwanda mu koroshya ihererekanya ry’amafaranga.

Ati “eKash ni uburyo bwo guhana amafaranga, kwishyurana, byose byoroshye binyuze mu ikoranabuhanga. Kuyijyamo ntibisaba inzira ndende kuko ugomba kuba ukoreshe serivisi z’ikoranabuhanga za banki zitandukanye, MTN na Airtel.”

Ukoresha Airtel Money ashobora koherereza amafaranga mugenzi we ukoresha MTN Mobile Money cyangwa undi ukoresha banki runaka, akoherereza amafaranga mugenzi we ukoresha indi banki.

Bikorwa ako kanya bidasabye kubikuza amafaranga ufite kuri konti runaka ukajya kuyabitsa ku yindi.

Abakorerabushake bazwi nk’Intore mu Ikoranabuhanga, basobanura ibyiza bya eKash, uko ikoreshwa no gusubiza ibindi bibazo byibazwa, ndetse hanatangwa ibihembo ku babimenye vuba kurusha abandi.

Niyoyabishatse Didacienne yavuze ko yasobanukiwe iyi gahunda kandi yiteguye “kuyigisha n’abandi bakamenya ko hari uburyo bushya bwo gufasha abantu guhanahana amafaranga.”

Ushaka kohereza amafaranga akanda *182*1*2#, ikamuha uburyo bwo gusesengura mbere yo kugera ku gikorwa cya nyuma cyo kohereza kugira ngo hatabaho kwibeshya amafaranga akaba yahabwa umuntu utari we.

Siporo imaze kuba umuco mu bantu bo mu byiciro byose
Abakuze na bo ntibatangwa muri siporo
Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Ambasaderi Christine Nkulikiyinka na Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Consolée Uwimana bakoranye siporo n'abatuye mu bice by'Umujyi wa Kigali
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel asobanurirwa imikorere ya eKash
Meya w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel yari muri Car Free Day
Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, yitabiriye siporo ya Car Free Day
Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yitabiriye siporo ya Car Free Day
Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Ambasaderi Christine Nkulikiyinka, yari mu bakoze siporo
Bamwe bakora siporo bifashishije umuziki
Umubare w'abakora siporo mu Mujyi wa Kigali ukomeza kwiyongera
Muri siporo rusange abantu bigiyemo no kubyina gakondo
Abakozi ba RSwitch bari bitabiriye siporo
Abakora siporo bose bahuriye hafi ya Kigali Heights
Abakorera siporo mu Mujyi wa Kigali basobanuriwe imikorere ya eKash
eKash yaganujwe abatuye mu Mujyi wa Kigali
Abanya-Kigali bamaze kumenyera siporo rusange

Amafoto: Shumbusho Djasili


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .