Fitnesspoint ni imwe muri Gym zimaze kumenyekana mu Rwanda ndetse iganwa n’abatari bake bashaka gukora siporo, gukora imyitozo ngororamubiri n’ibindi.
Nyuma yo gusanga aho yakoreraga i Nyarutarama ari hato no kubisabwa n’abakunzi bayo, yateye intambwe igana i Remera ahahoze Sport View Hotel.
Yahasanze umwanya munini abakora siporo bashobora kwifashisha kandi bisanzuye, ishyiramo ibikoresho bitandukanye byabugenewe.
Bitewe n’uburyo yubatse, yorohereza ufite ubumuga kuba yagera aho akorera siporo mu buryo bwihariye, ndetse by’umwihariko abakina Basketball yo mu igare (Wheelchair Basketball), bafite ikibuga bashobora kwifashisha.
Aha ni ho twasanze bamwe mu bakinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball, batuganiriza ku mbamutima zabo nyuma yo kubona aho bakorera siporo kandi bisanzuye.
Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, Rwampungu Meshack, yavuze ko babonye amahirwe yo gukora imyitozo nk’abandi.
Ati “Akenshi umuntu ufite ubumuga aba akwiriye kuba abona ahantu akorera imyitozo ngororamubiri kandi hamwegereye. Usanga abubaka inzu ikintu cy’abafite ubumuga batacyitaho.”
“Kuba Fitnesspoint yarabitekereje kandi ikabishyira mu bikorwa, ni iby’agaciro gakomeye cyane kandi twizera ko bitanga isomo ku bandi. Ubu ni ahacu ho kuza kuhakorera turi benshi.”
Rwampungu yongeyeho ko kuba bari gukorera imyitozo ngororamubiri muri Fitnesspoint, bituma “ubumuga butiyongera, umubiri ugakomeza kumera neza ndetse bikaturinda n’izindi ndwara zishobora guterwa no kudakora imyitozo ngororamubiri.”
Fitnesspoint yubatse ikibuga cya Basketball y’abakina ari batatu, gishobora kwifashishwa n’abafite ubumuga.
Abagana Fitnesspoint kandi mu buryo busanzwe bashobora kwifashisha n’irindi shami ryayo riherereye ku Kimihurura ryatangiye gukora mu 2021.
Mu gihe cya vuba iyi nzu kandi izafungura irindi shami rishya i Gacuriro mu Mujyi wa Kigali.





TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!