00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko RDC igomba gukura ihuriro ry’ingabo zayo ku mupaka

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 February 2025 saa 09:28
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugomba gukura abacancuro, ingabo z’u Burundi n’iz’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) hafi y’umupaka w’u Rwanda.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru RT cy’Abarusiya, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko ibi bikwiye gukorwa kugira ngo u Rwanda rwizere umutekano warwo, cyane ko Perezida Félix Tshisekedi wohereje izi ngabo ku mupaka afite umugambi wo guhirika ubutegetsi bwarwo, nk’uko yabyigambye ku mugaragaro kenshi.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje kandi ko ibi bigomba gukorwa mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa RDC usenywa, hubahirizwa ibyemeranyijweho mu biganiro bya Luanda.

Ati “Ariko na none hakwiye gukemurwa ibindi bibazo bibangamira umutekano. Urabizi ko mu Burasirazu bwa RDC hari ingabo z’u Burundi, iza SADC n’abacancuro b’Abanyaburayi boherejwe hirengagijwe itegeko mpuzamahanga. Dushaka ko izi ngabo zoherejwe ku mupaka wacu zihakurwa kubera ko Perezida Tshisekedi wazoherejeyo afite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko nyuma y’aho umutwe witwaje intwaro wa M23 ufashe umujyi wa Goma tariki ya 27 Mutarama 2025, habonetse ibimenyetso bishya bigaragaza ko Leta ya RDC yari ifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye ku Rwanda.

Yagize ati “Byabonetse i Goma kandi byari byinshi. Haburaga iminsi cyangwa ibyumweru kugira ngo u Rwanda ruterwe n’ingabo za Perezida Tshisekedi.”

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko i Goma habonetse intwaro nyinshi zirimo imbunda nini zirasa kure na drones zigaba ibitero zagombaga kwifashishwa muri ibi bitero.

Mu gihe M23 yafataga Goma, hari ingabo zo mu ihuriro rya Leta ya RDC zarashe mu karere ka Rubavu, zica abaturage 16, abarenga 150 barakomereka. Bimwe mu bisasu byarashwe mu Rwanda byapfubirijwe mu karere.

Perezida Tshisekedi wa RDC yavuze kenshi ko azakuraho ubutegetsi bw'u Rwanda
Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko ingabo z'u Burundi, iza SADC n'abacancuro ziri mu mugambi wa Tshisekedi wo gukuraho ubutegetsi bw'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .