00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Bemba ahanganye na Kiliziya Gatolika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 December 2024 saa 10:50
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubwikorezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, ahanganye na Kiliziya Gatolika bapfa umushinga wa Perezida Félix Tshisekedi wo kuvugurura Itegeko Nshinga.

Mu kiganiro Minisitiri Bemba yagiriye kuri Top Congo FM tariki ya 4 Ukuboza 2024, yanenze abo yise “abanyapolitiki mu makanzu” bashaka kwitambika uyu mushinga, aganisha ku bashumba bo muri Kiliziya bari bamaze iminsi bawamagana.

Tariki ya 5 Ukuboza 2024, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika muri RDC, Musenyeri Donatien Nshole, yamaganye Minisitiri Bemba, agaragaza ko amagambo yavugiye kuri iyi radiyo agamije gushoza intambara kuri Kiliziya Gatolika.

Musenyeri Nshole yagize ati “Tubona nta bupfura buri mu kuvuga ngo ‘abanyapolitiki mu makanzu’. Tubona ko aya magambo yavugiwe mu itangazamakuru yibasira Kiliziya Gatolika muri RDC kandi agaragaza umugambi ifitiwe wo kuyirwanya.”

Ishyaka MLC rya Bemba ryatangaje ko rishyigikiye amagambo yavuze tariki ya 4 Ukuboza, rishimangira ko aya Musenyeri Nshole adahura n’inshingano y’ubushumba afite muri Kiliziya Gatolika.

Umunyamabanga Mukuru wa MLC, Fidele Babala Wandu, yasobanuye ko amagambo ya Minisitiri Bemba asa n’ayavuzwe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yibutsa abashumba ko inshingano y’ibanze bafite ari ukwamamaza ijambo ry’Imana, aho kujya muri politiki.

Babala yagaragaje ko Musenyeri Nshole atagombaga kumva ko ari we wibasiwe mu gihe Minisitiri Bemba nta n’umwe yavuze amazina, ati “Kubera iki Musenyeri Nshore yumva ko yibasiwe mu gihe Perezida Bemba nta we yavuze amazina?”

MLC yagaragaje ko ubutumwa bwa Musenyeri Nshole ku mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga buvuguruzanya, kuko ngo rimwe agaragaza ko atawushyigikiye, ku yindi nshuro akavuga ko Inama y’Abepisikopi yashyizeho Komisiyo iwusesengura.

Minisitiri Bemba yatangaje ko hari abanyapolitiki bambaye amakanzu badashaka ko Itegeko Nshinga rivugururwa
Musenyeri Nshole yasubije ko amagambo ya Minisitiri Bemba atarimo ubupfura kandi ko yibasira Kiliziya Gatolika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .