00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

M23 yafashije abashoferi 47 bari baraheze i Goma guhungira imirwano mu Rwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 28 January 2025 saa 05:36
Yasuwe :

Umutwe wa M23 wamaze kwigarurira Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wafashije abashoferi 47 bo mu bihugu bitandukanye bari baraheze muri uwo mujyi, guhunga imirwano bakinjira mu Rwanda.

Abo bashoferi 47 batwaraga imodoka nini zirimo imfashanyo y’ibiribwa itangwa na PAM barimo 34 bakomoka muri Tanzania, Abarundi icyenda, Abanyarwanda babiri n’Abanya-Kenya babiri.

Bijinjiye mu Rwanda kuri uyu wa 28 Mutarama 2025 nyuma yo guherekezwa n’abasirikare ba M23.

Abo bashoferi bari bamaze iminsi batabaza by’umwihariko abo muri Tanzania basaba ubufasha, aho banakoresheje butandukanye burimo n’imbuga nkoranyambaga.

Umwe muri bo witwa Steven Mohamed Saleh wavuze ko akorera ikigo cyitwa Greenland driver Company yifashishije WhatsApp asaba ubufasha kuko intambara yabasanze muri uwo Mujyi wa Goma.

Icyo gihe yagize ati “Ndabasaba ko ubu butumwa bwakoherezwa kuri Ambasade ya Tanzania na yo igategura uburyo bwo kudutabara. Ntabwo tukiryama kubera urusaku rw’amasasu, nk’uko muri kubyumva inyuma yanjye. Uyu munsi turi ku wa 27 Mutarama 2025.”

Bamwe mu bari babashije kumenyakana harimo Aloyce Emmanuel Bebe, Japhet Sylvester Hussein, Mussa Sadick Hamis, Ramadhani Rashid, na Mapambano Iddi.

Abaganiriye na IGIHE nyuma yo kugera mu Rwanda, bagaragaje ko ibintu bitari byifashe neza kuri bo mu mujyi wa Goma ari na yo mpamvu basabaga ubutabazi kugira ngo bahakurwe.

Umurundi, Ciza Eric, uri mu bagaruwe mu Rwanda yagaragaje ko abasirikare ba M23 babasanze aho bari bihishe bakabaherekeza kugeza bageze hafi n’umupaka w’u Rwanda.

Ati “Imirwano yadusanze i Goma irakomera tubura uburyo tuvayo, twasabye ubufasha ku mbuga nkoranyambaga ariko uyu munsi nyine twabubonye. Iyo M23 ni bo badusanze aho turi kuko bumvise turi gutabaza, baraduherekeza batugeza aha ngaha.”

Yakomeje ati “Ubu turishimye cyane ko twavuye hariya. Twasizeyo imodoka ariko batubwiye ko basigara bazicungiye umutekano. Iyo ntambara nirangira bazaduhamagara tujye kuzitwara.”

Yavuze ko ibintu by’ibiribwa bari batwaye hari abanye-Congo babyirayemo bakabitwara.

Umunya-Kenya witwa David Kaiya, yashimangiye ko yageze muri RDC avanye umuzigo i Mombasa imirwano ikomeye igasanga akiri mu mujyi wa Goma.

Ati “Twatangiye kumva amasasu ari kure, akomeza kuza atwegera kugera ubwo bigeze hafi y’aho twari turi ibintu biba bibi kurushaho. Guhera uwo munsi rero ntabwo twongeye kurenga amarembo. Twicayemo aho ngaho.”

Uyu na we yemeje ko abanye-Congo babasanze aho bari bari bagatwara ibintu bari bafite mu modoka bavuga ko bashonje kandi bakeneye ibyo biribwa.

Ati “Abenegihugu benshi baje aho twari turi bavuga ko bashonje kandi ibyo biryo ari bo bigenewe, batwara imizigo yacu. Bazaga bakakubwira ngo urafungura imodoka cyangwa tukwice, ugafungura bakajyana ibyo bashaka. Nyuma ni bwo haje abantu dutekereza ko ari aba M23 batangira kubirukana aho ngaho, bose barabahakura.”

Yavuze ko abo bantu babanje kubaka telefoni zabo ariko hashize akanya gato hinjira abasirikare ba M23 ari na bo babaherekeje kugeza bageze ku mupaka w’u Rwanda na RDC.

Abasirikare bakibageraho, bahise basubizwa telefoni zabo hanyuma bakora urugendo rw’amaguru berekeza mu Rwanda.

Muri abo bashoferi harimo n’Umunyarwanda witwa Imanantirenganya Emmanuel yavuze ko ubwo umutwe wa M23 wageraga i Goma, abasirikare ba FARDC bamwe bakwiye imishwaro ariko hagira bake bihagararaho bakomeza kurasana.

Ati “M23 ikimara kuhagera, byabaye ngombwa ko aba FARDC birukanka, bamwe basigara ari bakeya. Abo basigaye ari bakeya bihagazeho ntibiruka. Bakimara kwihagararaho amasasu yakomeje kuba menshi kugeza ubwo umuntu atangira kwiruka ukwe.”

Yavuze ko mbere yo gukurwa i Goma, umutwe wa M23 wabanje gusaba abaturiye Ikibuga cy’Indege cya Goma kwegerayo kuko washakaga kubanza kukigarurira mu buryo budasubirwaho.

Yemeje ko abasirikare ba M23 bumvaga ko batakoresha intwaro ziremereye mu bice bituyemo abantu kubera urukundo bakunda abaturage.

Ati “M23 yatubwiye ko nkatwe turi hafi y’ikibuga cy’indege twegerayo, kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza ariko nabonye ko bakunda abaturage cyane. Kumva ko batakoresha ibikoresho biremereye kugira ngo abaturage batahasiga ubuzima nubwo FARDC yo ari byo yakoraga.”

Ntabwo ari abo bashoferi gusa u Rwanda rumaze kwakira kuko guhera ku wa Mbere tariki ya 27 Mutarama 2025 rwatangiye kwakira abakozi ba Loni na Monusco bagera ku 2000, abaturage ba RDC barenga 1200 n’abasirikare b’icyo gihugu barenga 120.

Bose bari bahunze imirwano ikomeye yari imaze iminsi mu Mujyi wa Goma.

Abari i Rubavu barebaga imirwano ya M23 n'Ingabo za Leta
Ubwo abo bashoferi bageraga ku mupaka w'u Rwanda na RDC, aha bari ku ruhande rwa RDC
Abo bashoferi bamaze gufungurirwa umupaka
Abo bashoferi bari bamaze igihe batabaza, amahanga basaba ko bakurwa i Goma
Aba bashoferi bishimiye kugera mu Rwanda nyuma y'igihe basaba ubufasha
Aba bashoferi bageranye mu Rwanda akanyamuneza
Aba bashoferi bashimye M23 yabakuye i Goma
Bemeje ko ibintu bitari bimeze neza aho bari bari kuri Jambo Safaris mu marembo y'ikibuga cy'indege cya Goma
Hari abashimye Imana bageze ku butaka bw'u Rwanda
Bagaragaje ko hari abanye-Congo biraye mu modoka zabo bagatwara ibiribwa bari bafite
Abashoferi 47 bari bafite akanyamuneza bagikandagira mu Rwanda
U Rwanda rukomeje kwakira impunzi z'Abanye-Congo
Abamaze kwambuka umupaka barasakwa
Abaturage ba RDC bakomeje guhungira mu Rwanda ari benshi
Nyuma yo gusakwa umuturage arongera agafata imitwaro ye agakomeza urugendo
Inzego z'umutekano z'u Rwanda ziri maso
Abanye-Congo bagaragaza ko ubuyobozi bwabo bwatereranye
Ku rundi ruhande ariko abaturage nabo bakomeje guhungira imirwano mu Rwanda
Impunzi zirenga 1200 zimaze kwakira mu Rwanda
Abaturage bari kwinjira mu Rwanda ni benshi kubera intambara ya M23 na FARDC
Inzego z'umutekano z'u Rwanda zikomeje gufasha abaruhungiramo
Muri abo bashoferi harimo abo muri Tanzania ari nabo benshi, Kenya, u Burundi, n'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .