00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwemera imishyikirano si ikimenyetso cy’intege nke - Perezida Ruto avuga ku kibazo cya RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 February 2025 saa 12:42
Yasuwe :

Dr William Samoei Ruto uyobora Kenya n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yasabye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwemera imishyikirano n’umutwe witwaje intwaro, asobanurira ko imishyikirano itajyamo abanyantege nke.

Ni ubutumwa yatangiye mu nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bo muri EAC n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) iri kubera i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa 8 Gashyantare 2025, hagamijwe gushaka ibisubizo by’intambara ikomeje mu Burasirazuba bwa RDC.

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko imirwano yabereye mu Mujyi wa Goma no mu nkengero zawo mu minsi ishize, igaragaza ubukare amakimbirane ya Leta ya RDC na M23 afite.

Ati “Duhagurukiye rimwe, dusaba impande zose guhagarika imirwano kandi by’umwihariko, M23 igahagarika kwagura ibirindiro, ingabo za RDC na zo zigahagarika ingamba zose zo gusubiza. Ihagarikwa ryihuse ry’imirwano ni bwo buryo bwonyine bwatuma turema uburyo bw’ibiganiro byubaka, hakanashyirwa mu bikorwa amasezerano y’amahoro afatika.”

Kuva muri Mata 2022, i Nairobi muri Kenya haberaga ibiganiro bihuza Abanye-Congo bafite aho bahurira n’aya makimbirane ariko byahagaze mu Ukuboza 2022, bitewe no kwinangira kwa Leta ya RDC yasabwaga kudaheza M23.

I Luanda na ho haberaga ibiganiro bihuza u Rwanda na RDC, na bwo hagamijwe gushakira amahoro Uburasirazuba bwa RDC n’Akarere ka Afurika y’Ibiyaga bigari muri rusange. Na byo byahagaze mu Ukuboza 2024, ubwo Leta ya RDC yangaga kuganira na M23.

Perezida Ruto yagaragaje ko ari ngombwa ko ibi biganiro byombi bisubukurwa, asaba Umuryango Mpuzamahanga gushyikira umuhate w’abayobozi bo mu karere, ukanatanga ubufasha mu kurinda abasivili.

Yatangaje ko amakimbirane yo muri RDC akomeye bitewe n’uko arimo impande nyinshi ziyashakamo inyungu, asobanura ko ariko yabonerwa ibisubizo binyuze mu nzira ya dipolomasi, aho kuba iy’igisirikare.

Yagize ati “Biragaragara ko aya makimbirane atakemurwa binyuze mu nzira za gisirikare. Dukwiye kwemeranya ko inzira ya dipolomasi yonyine ikemura impamvu muzi z’iki kibazo, yubahiriza ubusugire n’ubwigenge bwa RDC n’Abanye-Congo n’intumbero yabo y’ubwisanzure, ubutabera n’iterambere, ari yo yazana amahoro.”

Perezida Ruto yasobanuye ko inzira ya dipolomasi ikwiye kwitabirwa n’impande zose zirebwa na yo, zirimo ibihugu byo mu karere, inzego mpuzamahanga, imiryango ya politiki, sosiyete sivile na Leta ya Congo kugira ngo bishake igisubizo kirambye.

Ati “Banyakubahwa, nizera ko twemeranya ko kwemera imishyikirano atari ikimenyetso cy’intege nke, ni igihamya cy’ubwenge n’imbaraga duhuje nk’abayobozi n’imiryango. Byerekana ubushobozi dufite bwo kwinjira mu bibazo twihanganye no mu buryo buboneye, tukumvana, tukaganira duhuje intego kugeza tugeze ku musaruro mwiza.”

Uyu Mukuru w’Igihugu, yavuze ko “Ikibazo cyo muri RDC gishobora kuba kigoye, gishobora kuba cyaratinze gukemuka, dushobora kuba tukimaranye imyaka myinshi”, agaragaza ko ariko yizeye ko “cyakemuka, gikwiye gukemuka kandi kigomba gukemuka.”

Inama y’abakuru b’ibihugu ba EAC na SADC yakomereje mu muhezo nyuma y’ijambo riyifungura ku mugaragaro. Biteganyijwe ko baza kwemeza imyanzuro yaraye ifashwe n’abaminisitiri bo muri iyi miryango, irimo guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa RDC, gusaba ko Leta ya RDC iganira na M23 no gushyigikira ko umutwe w’iterabwoba wa FDLR usenywa.

Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam mu gitondo cy'uyu wa 8 Gashyantare, yitabira itangizwa ku mugaragaro ry'iyi nama
Iyi nama yitabiriwe n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC
Perezida wa Zimbabwe akaba n'Umuyobozi Mukuru wa SADC, Emmerson Mnangagwa
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ni we wakiriye abitabiriye iyi nama
Abakuru b'ibihugu bitabiriye itangizwa ku mugaragaro ry'iyi nama mbere y'uko ijya mu muhezo
Perezida Tshisekedi wa RDC yitabiriye iyi nama, yifashishije ikoranabuhanga rihuza amashusho
Minisitiri w'Intebe wa RDC, Judith Suminwa Tuluka, ni we wagiye i Dar es Salaam
Perezida wa Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa, na we yamaze kugera i Dar es Salaam, ahateraniye bagenzi be
Minisitiri w'Intebe w'u Burundi, Gervais Ndirakobuca, yahagarariye Perezida Evariste Ndayishimiye
Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia ari mu bakuru b'ibihugu byo muri SADC bitabiriye iyi nama
Perezida William Ruto yasabye Leta ya RDC kwemera imishyikirano kugira ngo uburasirazuba bwa RDC bubone amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .