Macky Sall atangaje ibi nyuma y’iminsi hari umwuka mubi hagati y’u Rwanda na RDC, byaturutse ku mirwano ihuje ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za M23 muri ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
RDC ishinja u Rwanda kuba inyuma ya M23, u Rwanda rukabihakana. Kuri uyu wa Gatandatu u Rwanda rwagaragaje ko hari abasirikare barwo babiri bashimuswe na FARDC ifatanyije na FDLR, nyuma y’iminsi mike izo ngabo ziteye ibisasu mu Kinigi mu karere ka Musanze.
Perezida Macky Sall yasabye impande zombi gutuza bikagana inzira y’ibiganiro kugira ngo haboneke amahoro arambye.
Yagize ati “Mpangayikishijwe bikomeye n’umwuka mubi uri kwiyongera hagati y’u Rwanda na RDC. Ndasaba impande zombi gutuza no kugana inzira y’ibiganiro bigamije kubona igisubizo giciye mu mahoro, ku nkunga y’inzego z’Akarere n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”
Je suis gravement préoccupé par la montée de la tension entre le Rwanda et la RDC.J’appelle les deux pays au calme et au dialogue pour la résolution pacifique de la crise avec le soutien des mécanismes régionaux et de l’Union Africaine.
— Macky Sall (@Macky_Sall) May 29, 2022
M23 ishinja leta ya Congo kudashyira mu bikorwa amasezerano basinye mu 2013 yo kwinjizwa mu nzego za Leta n’igisirikare, abandi bagasubizwa mu buzima busanzwe no gukuraho uburyo bwose bukandamiza abavuga Ikinyarwanda muri icyo gihugu.
Aho gekumura ibyo M23 isaba, Congo yahise ifata uwo mutwe nk’uw’iterabwoba ndetse ihagarika ibiganiro nawo, ahubwo ifata imyanzuro igamije kwihimura ku Rwanda irimo guhagarika ingendo za sosiyete nyarwanda ya RwandAir.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!