00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyaka irindwi isize uturere icyenda mu biro bijyanye n’igihe (Amafoto)

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 20 July 2024 saa 02:29
Yasuwe :

Mu bikorwaremezo byubatswe mu myaka irindwi ishize harimo n’ibijyanye no guha serivisi nziza abaturage binyuze mu kukaba ibiro by’inzego z’ibanze kandi bijyanye n’igihe.

Kuva mu 2017 kugeza ubu, uturere tugera ku icyenda twatangiye gukorera mu biro bigezweho tuvuye mu byari byarubatswe mu myaka yo hambere harimo n’ibyahoze bikoreramo za Superefegitura mbere y’umwaka wa 1994.

Akarere ka Gasabo

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Gasabo bihereye mu Murenge wa Remera, byatangiye gukorerwamo muri Kanama 2019 bikaba byaruzuye bitwaye agera kuri kuri miliyari 6 Frw.

Biri mu nyubako y’amagorofa atandatu, ikagira umutako w’Agaseke ku gasongero kayo, ibyumba binini 73, icyumba cy’inama kinini cyakira abantu 527 n’ibindi bibiri bito byakira abantu 40. Ikindi kandi ifite imbuga ngari yaparikwamo imodoka 70 na parikingi yo mu nzu hasi ishobora kwakira imodoka 48.

Inyubako y'Akarere ka Gaabo yari imaze kuba nto bigendanye na serivisi gatanga
Akarere ka Gasabo kubatse inyubako igezweho mu Mujyi wa Kigali kazajya gakoreramo

Akarere ka Nyanza

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Nyanza byatangiye gukorerwamo ku itariki ya 25 Kanama 2017, bikaba byubatse mu Murenge wa Busasamana.

Byuzuye bitwaye amafaranga asaga miliyari imwe na miliyoni 100 Frw. Ibi biro kandi bifite umwanya w’inama hejuru ku nyubako wakwakira abantu 500. Ahari ihema hakwakira abantu 200 naho ahadatwikiriye hakira abantu 300.

Ibiro by'Akarere ka Nyanza bishobora kwakira inama y'abantu 500
Akarere ka Nyanza kakoreraga mu nyubako itujuje ibisabwa

Akarere ka Kayonza

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Kayonza byubatswe mu Murenge wa Mukarange bikaba byaratashywe muri Kamena 2017. Byuzuye bitwaye miliyoni 750 Frw.

Akarere ka Kayonza kavuye aho kakoreraga kajya mu biro bishya
Akarere ka Kayonza ubu gakorera mu biro bigezweho

Akarere ka Gatsibo

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Gatsibo byatangiye gukorerwamo mu 2017. Byubatse mu Murenge wa Kabarore bikaba byaruzuye bitwaye miliyari imwe na miliyoni 200 Frw.

Ibiro bigezweho by'Akarere ka Gatsibo

Akarere ka Nyamasheke

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Nyamasheke byubatse mu Murenge wa Kagano byatangiye gukorerwamo mu Ugushyingo 2017 bikaba byaruzuye bitwaye miliyari imwe n’ibihumbi 560 Frw.

Biri mu nyubako y’amagorofa abiri, ikabamo ibyumba 43 byakorerwamo n’abakozi 75 bagize inzego zose z’Akarere. Bifite kandi ibyumba by’inama bitatu n’ubusitani bwitegeye ikiyaga cya Kivu.

Inyubako igezweho Akarere ka Nyamasheke gakoreramo
Aho Akarere ka Nyamasheke kahoze gakorera

Akarere ka Gicumbi

Ibiro by’Akarere ka Gicumbi byubatse mu Murenge wa Byumba bikaba byaruzuye bitwaye agera kuri miliyari imwe na miliyoni 110 Frw ubariyemo no gusana ibyari bisanzwe.

Ibi biro byatashywe muri Nyakanga 2019 bikaba biri mu nzu y’amagorofa abiri kandi ifite parking iri ku buso bwa metero-kare 1,525 bigizwe n’ibyumba 71 by’ibiro n’ibindi byumba by’inama binini n’ibito. Bifite kandi ubushobozi bwo gukorerwamo n’abakozi 112.

Akarere ka Gicumbi kakoreraga mu nyubako ishaje
Ibiro Akarere ka Gicumbi bikoreramo bigezweho

Akarere ka Nyabihu

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Nyabihu byatangiye gukorerwamo mu 2017. Byubatse mu Murenge wa Mukamira bikaba ari inzu y’amagorofa abiri yuzuye itwaye agera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 Rwf.

Ibiro bigezweho by'Akarere ka Nyabihu byubatswe mu myaka irinddwi ishize
Ibiro Akarere ka Nyabihu kahoze gakoreramo ntibyari bigezweho

Akarere ka Gakenke

Akarere ka Gakenke ni kamwe mu twubatse ibiro bishya muri iyi myaka irindwi ishize, aho byatangiye gukorerwamo mu 2020 bikaba byubatse mu Murenge wa Gakenke.

Iyi nyubako y’amagorofa abiri yuzuye itwaye arenga miliyari 1 Frw.

Akarere ka Gakenke gakorera mi biro bituma abakozi bako bisanzura
Akarere ka Gakenke kahoze gakorera mu biro bidatunganye

Akarere ka Burera

Ibiro bijyanye n’igihe by’Akarere ka Burera biracyari bishya kuko byatashywe ku itariki ya 18 Kamena 2024.

Ibi biro biri mu nyubako y’amagorofa atatu, aho ifite ibyumba 60. Iyi nyubako yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari 2,996 Frw, ikaba yubatse mu Murenge wa Rusarabuye.

Ibiro bishya by'Akarere ka Burera byihutishije itangwa rya serivisi
Burera ni tumwe mu turere twari dufite ibiro bitagezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .