00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri filime ‘Ikarita y’Urupfu’ yiganjemo ubuhemu

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 April 2025 saa 11:37
Yasuwe :

Abakinnyi ba filime bakomeye mu Rwanda, batangiye kugaragara muri filime nshya ‘Ikarita y’Urupfu’ igaragaramo inyigisho zitandukanye zirimo kugira amakenga no kwirinda kwizera abantu cyane.

Iyi filime y’uruhererekane ifite inkuru ivuga ku mugabo washatse umugore afite undi mwana, ahageze wa mugore abyara undi mwana utari uw’uwo mugabo bashakanye.

Uwo mugabo wari umukire yaje kwitaba Imana asiga araze imitungo ye ku mwana wa mbere. Nyuma yo gupfa hatangiye intambara muri uwo muryango hagati y’abana na nyina washakaga kwigarurira iyo mitungo yose.

Iyi filime yanditswe inayoborwa n’umusore witwa Mugwaneza Abdul ‘Cobby’. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko inkuru yayo ahanini igamije kwigisha Abanyarwanda kureka ubuhemu.

Ati “Yiganjemo ubuhemu bubera mu miryango, mbese ni ukwerekana ko nta muntu ugomba kubaho ahemuka kuko kubaho ni ukubana.”

Uyu mugabo watangiye Sinema mu mwaka wa 2012 yanyuze muri filime zitandukanye zirimo nk’iyitwa ‘Amarira y’urukundo’, ‘Inzozi mbi’, ‘Isi ntisakaye’ n’izindi.

Avuga ko yagowe no kubona aho amenera ngo yinjire mu mwuga wo gukina no gutunganya filime, ariko yiyemeza gukora akandi kazi kugira ngo abone igishoro cyo gutangira umwuga yihebeye.

Iyi filime y’uruhererekane amaze kuyikorera uduce dutandatu. Avuga ko kugeza ubu yifuza gukora filime iri ku rwego mpuzamahanga, gusa biramugora kuko “bitewe n’aho tugeze mu iterambere mu bijyanye n’imitunganyirize ya filime.”

Iyi filime nshya igaragaramo bamwe mu bakinnyi bamenyerewe muri sinema Nyarwanda nka Nyirankotsa, Scott, Kevine Dangote, Sharon uzwi mu ‘Indaya y’Umutima’, Rachel uzwi muri ‘My Father in law’, Sandrine wakinnye mu yitwa ‘Urukundo rw’Inzitane’ n’abandi.

Mugwaneza Abdul ni we wagize uruhare rukomeye mu itunganywa ry'iyi filime imaze igihe gito itangiye kujya hanze
Nyirankotsa wamenyekanye muri sinema Nyarwanda ni umwe mu bitabajwe muri iyi nshya
Scott umaze kumenyekana muri sinema ni umwe mu bari muri iyi filime nshya
Iyi filime igaragaramo abantu batandukanye barimbo abamaze kuzamuka muri sinema ndetse n'abafite amazina
Cobby ni we wayoboye agira n’uruhare mu kwandika iyi filime
Kevine Dangote ni umwe mu bakina muri iyi filime
Rachel yakinnye muri filime zitandukanye harimo nka 'My father in Law'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .