00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sia yatse gatanya umugabo wa kabiri

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 20 March 2025 saa 10:22
Yasuwe :

Umuhanzikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo ukomoka muri Australia, Sia Furler, yatse gatanya umugabo we, Daniel Bernard nyuma y’imyaka ibiri barushinze.

Ku wa 19 Werurwe 2025 nibwo Sia yagejeje mu rukiko rw’i Los Angeles impapuro zisaba gatanya.

Mu mpamvu zitandukanye Sia yavuze zatumye yifuza gutandukana na Bernard, harimo ubwumvikane buke, ndetse yanavuze ko inzira yo kwiyunga kwabo idashoboka ariyo mpamvu yasabye gatanya igitaraganya.

Sia yasabye urukiko ko yahabwa uburenganzira busesuye ku mwana wabo witwa Somersault babyaranye mu 2024, gusa avuga ko Bernard yagenerwa igihe cyo kujya amusura.

Uyu ni umugabo wa kabiri Sia yatse gatanya, kuko umugabo we wa mbere witwa Erik Anders Lang barushinze mu 2014 baza guhana gatanya mu 2017.

Sia wongeye kugarukwaho mu binyamakuru kubera iyi gatanya yatse, asanzwe ari mu bahanzikazi bubatse izina ku rwego mpuzamahanga. Yakunzwe mu ndirimbo nka ‘Titanium’, ‘Unstoppable’, ‘Greatest’, n’izindi.

By’umwihariko, Sia azwiho ubuhanga mu kwandikira abandi bahanzi indirimbo. Yandikiye abarimo Rihanna, Beyoncé, David Guetta, Meghan Trainor n’abandi.

Sia Furler na Daniel Bernard bari bamaze imyaka ibiri barushinze
Sia Furler yatse gatanya umugabo we, Daniel Bernard

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .