00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shakira yahishuye umuhanzi wamubaye hafi akimara gutandukana na Gerard Piqué

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 23 December 2024 saa 10:46
Yasuwe :

Isabel Mebarak Ripoll wamamaye mu muziki ku izina rya Shakira, yagarutse ku bihe bikomeye yanyuzemo akimara gutandukana na Gerard Piqué bari bamaranye imyaka 12, anahishura ko umuhanzi Chris Martin yamubaye hafi muri ibyo bihe.

Si ubwa mbere Shakira agarutse ku itandukana rye na Gerard Piqué waciye ibintu mu mupira wa maguru, kuko kuva mu 2022 batandukana yakunze kubivugaho ndetse abikoraho indirimbo ebyiri.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru Rolling Stone cyibandaga ku buzima bwe nyuma yo gushwana na Piqué, yagaragaje ko byari bimukomereye kwakira ibyamubayeho kuko ko yari yaramenye ko uyu mugabo amuca inyuma.

Yavuze ko ibyo bihe by’agahinda atabibayemo wenyine kuko inshuti ye y’umuhanzi Chris Martin usanzwe uzwi cyane mu itsinda rya Cold Play rikomeye mu Bwongereza yamubaye hafi.

Shakira ati “Chris Martin yambaye hafi nkimara gutandukana na Piqué mfite agahinda cyane. Buri munsi yarampamagaraga ngo yumve uko meze. Yambwiraga amagambo ankomeza.”

Uyu muhanzikazi yasobanuye ko ubucuti bwe na Chris Martin ko bumaze igihe kandi ko amufata nk’umuntu w’ingenzi mu buzima bwe.

Bombi batangiye kuba inshuti za hafi bakorana mu marushanwa ya ‘The Voice’ aho bari abacamanza bahitamo abanyempano bazi kuririmba neza.

Shakira w’imyaka 47 yatandukanye na Gerard Piqué muri Kamena ya 2022, aho byamenyekanye ko uyu mugabo wahoze akinira FC Barcelone yamucaga inyuma ku nkumi yitwa Clara Chia Marti ari na yo bakundana ubu.

Gerard Piqué na Shakira batandukanye bari bamaranye imyaka 12 bakundana bamaze no kubyarana abana babiri b’abahungu.

Shakira yatangaje ko nyuma yo gutandukana na Gerard Piqué hari umuhanzi wamusindagije akajya amubaza buri munsi uko amerewe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .