Igitaramo cyabaye kuri uyu wa 03 Gashyantare, cyabereye muri Afro Bristo hazwi nko kwa Danny Vumbi. Ahagana saa sita z’ijoro nibwo uyu muhanzi yageze ku rubyiniro.
Yakiriwe neza n’abakunda ibihangano bye dore yaherukaga gutaramira muri aka karere hagati mu mwaka ushize wa 2022.
Hari abakunzi b’umuziki bibaza impamvu Mr Kagame atari kugaragara mu bitaramo, gusa yasubije ko nk’umuririmbyi iki ari ikibazo kireba abategura ibitaramo.
Muri iki gitaramo cyateguwe na Stone Island Entertainment , Mr Kagame yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe zirimo ‘Tugende, Amadeni, mpa Power ndetse na Ntiza yakoranye na Bruce Melodie.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!