00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mr Kagame umaze iminsi atagaragara ku rubyiniro, yongeye kwiyerekanira i Musanze (Amafoto)

Yanditswe na Ndikumwenayo Thierry
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 11:30
Yasuwe :

Umuraperi Eric Kagame Mabano umenyerewe ku izina rya Mr Kagame, yataramiye abanya-Musanze. Ni igitaramo cyitabiriwe n’ingeri zitandukanye.

Igitaramo cyabaye kuri uyu wa 03 Gashyantare, cyabereye muri Afro Bristo hazwi nko kwa Danny Vumbi. Ahagana saa sita z’ijoro nibwo uyu muhanzi yageze ku rubyiniro.

Yakiriwe neza n’abakunda ibihangano bye dore yaherukaga gutaramira muri aka karere hagati mu mwaka ushize wa 2022.

Hari abakunzi b’umuziki bibaza impamvu Mr Kagame atari kugaragara mu bitaramo, gusa yasubije ko nk’umuririmbyi iki ari ikibazo kireba abategura ibitaramo.

Muri iki gitaramo cyateguwe na Stone Island Entertainment , Mr Kagame yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe zirimo ‘Tugende, Amadeni, mpa Power ndetse na Ntiza yakoranye na Bruce Melodie.

Mr Kagame yavuze ko kuba amaze igihe atagaragara mu bitaramo, byabazwa ababitegura
Urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo cyane
Mr Kagame yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe
Mr Kagame yaririmbiye mu kabari gashya, Afri Bristo mu mujyi wa Musanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .