00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Li John yahishuye ko indirimbo ‘Nasinya’ yayihuriyemo na Social Mula by’impanuka

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 July 2024 saa 03:47
Yasuwe :

Li John uri mu batunganya indirimbo bagezweho mu Rwanda by’umwihariko ubifatanya no kuririmba, yahuje imbaraga na Social Mula bakorana indirimbo igaruka ku mukobwa utiyandarika utuma umusore afata umwanzuro wo kurushinga.

Iyi ndirimbo yitwa ‘Nasinya’ byatangiye ari iya Li John ndetse yabanje kuyisangiza abantu kuri Tik Tok itangira gukorwaho Challenge.

Uyu musore avuga ko nyuma Social Mula yaje kuyikunda amusaba ko bayihuriramo cyane ko amashusho yayo yari atarajya hanze, undi nawe aramwemerera kuko basanzwe bakorana bya hafi kandi amuziho ubuhanga.

Li John yabwiye IGIHE ati “Yarabinsabye mpita mbyemera kuko nabonaga hari icyo byakongera ku ndirimbo kubera ubuhanga bwa Social Mula ndetse n’abafana afite mu Rwanda.’’

Ku butumwa bashakaga gutanga Li John agaragaza ko ari ubw’urukundo, aho umusore aba yaragiye akundana n’abakobwa benshi nyuma akaza kubona umwe, akabona ko koko yanasinya bagasezerana mu murenge.

Hari aho aba bahanzi baririmba bati “Uwo nifuzaga ni uyu udahora kuri YouTube… noneho ubu nasinya.”

Si ubwa mbere bahanzi bahuriye mu ndirimbo cyane ko bahuriye mu zirimo “Kamwe’’, “Bye Jay Polly’’ n’iyi nshya bise “Nasinya’’.

Social Mula yahuriye mu ndirimbo na Li John
Li John yashyize hanze indirimbo nshya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .