00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itsinda rya The Bright 5 Singers rigiye kwifashisha umuziki mu guhangana n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 14 December 2024 saa 01:35
Yasuwe :

Abaririmbyi n’abacuranzi bahuriye muri ’The Bright 5 Singers’, bagiye gutangira urugendo rw’ibitaramo bizenguruka u Burayi mu mushinga wo gutanga ubutumwa bw’ihumure no gufasha benshi bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.

Ni mu mushinga mugari aba bahanzi batangaje ko bamaze iminsi bigaho, ndetse bakaba bizeye ko umusanzu wabo uzagira umumaro aho bazabasha kugera.

Uyu mushinga bawise “Singing hope and comfort to the world’’. Ndahiro Pacis uri mu bagize iri tsinda, yavuze ko ari umushinga batekereje nyuma yo kubona ko Isi yugarijwe n’ibibazo byinshi.

Ati “Twaricaye mu mwaka ushize tubona intambara ya Ukraine, ku Isi muri rusange dufite ikibazo cy’indwara zo mu mutwe. Rero nk’abanyamuziki turabizi ko ufite akamaro kanini mu komora ibikomere, ni nayo mpamvu twahisemo kuwifashisha.”

Aba bahanzi bagiye gukorera ibitaramo bitandatu ahantu hatandukanye mu Budage, ibi bitaramo bikazaba mu 2025 ari nabwo album yabo nshya izajya hanze.

Bavuga ko bazishimira kuririmbira Abadage ndetse n’Abanyarwanda baba muri icyo gihugu. Mugwaneza Jean Marie usanzwe ari Perezida wa Bright 5 Singers, yavuze ko atifuza ko ubutumwa bwabo buba ubw’abo mu Rwanda. Ati “Ntabwo twifuza ko buba ubutumwa bwo mu Rwanda gusa.”

Uyu mushinga uzaherekezwa na album aba bahanzi baheruka kumurikira abakunzi babo, bise ‘Humura’ igizwe n’indirimbo 12, zose zirimo ubutumwa bwo guhumuriza abantu. Uyu mushinga muri rusange uzatwara miliyoni 33 Frw.

Abahanzi bagize The Bright 5 Singers hashize imyaka icyenda bihurije hamwe, uretse ko kwihuriza hamwe byari igitekerezo kimaze igihe kinini.

Benshi mu batangije iri tsinda ry’abasore batanu bize muri Petit Seminaire zitandukanye. Nyuma y’amashuri yisumbuye, baje guhurira mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda (NUR), baririmbana muri Chorale Le Bon Berger.

Itsinda rya The Bright 5 Singers rigiye gukorera ibitaramo by'ihumure i Burayi
Itsinda rya The Bright 5 Singers rigiye kwifashisha umuziki mu guhangana n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe
The Bright 5 Singers baheruka kumurikira abakunzi babo album bise 'Humura' igizwe n'indirimbo bazifashisha mu bitaramo bazakorera i Burayi umwaka utaha
Aba basore bihebeye umuziki wo kuramya Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .