00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alyn Sano, Knowless na Senderi mu bakoze mu nganzo…Indirimbo nshya za Weekend

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 22 February 2025 saa 05:22
Yasuwe :

Alyn Sano, Knowless na Senderi ni bamwe mu bahanzi bashyize hanze indirimbo nshya zagufasha gusoza impera z’icyumweru unezerewe.

Alyn Sano yashyize hanze indirimbo yise “Fire” yahimbye ashaka kwerekana ko umuntu ashobora kubaho mu buzima bwe bwite atitaye ku bandi.

Ati “Iyi ni indirimbo y’umuntu ushaka kubaho ubuzima butita ku buryo abantu bamusaba kubaho. Mbese kubaho uko ushaka atari uko abantu bashaka ko ubaho.”

Izindi ndirimbo zasohotse muri iki Cyumweru zakunyura zirimo:

“Umutima” - Butera Knowless

Butera Knowless yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Umutima’. Avuga ko yifuza kuyitura abakunzi be muri rusange bitewe n’uko yayikuye ku ndiba y’umutima we.

“Iyizire Chou” - Senderi International Hit

Ni indirimbo nshya ya Senderi y’urukundo. Muri iyi ndirimbo, uyu muhanzi aba yishyize mu mwanya w’umugabo cyangwa umusore wanyuzwe n’urukundo, ku buryo aba abwira umukobwa ko yamukoresha icyo ashaka.

“Cute” - Davy Scott

Ni indirimbo nshya ya Davy Scott uri mu bahanzi bari kuzamuka neza muri iki gihe. Muri iyi ndirimbo uyu musore aba ataka umukobwa amubwira ko ari mwiza, akamusaba kumwisanzuraho.

“Only You” - JDK

Ni indirimbo nshya y’umuhanzi JDK wamenyekanye mu ndirimbo zirimo “Special Night”, “Ubudasa” yakoranye na Beatha Musengamana wamamaye mu ndirimbo “Azabatsinda Kagame”, “Uranyura”, “Hinga Kinyamwuga”, “Tubahaye Ikaze” n’izindi zitandukanye.

Yabwiye IGIHE ko iyi ndirimbo ye nshya yayihimbye ashaka gufasha abantu kwizihiza umunsi w’abakundana uzwi nka ‘Saint-Valentin’ uba buri mwaka tariki 14 Gashyantare ndetse uku kwezi gufatwa nk’ukwahariwe urukundo.

Ati “Ni indirimbo nahimbiye abantu bari kwizihiza umunsi wabahariwe, ndifuza ko buri wese ufite umukunzi yanyurwa na yo.”

“Romantic” - Ma Voice

Umuhanzi Ma Voice wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Rwanda, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Romantic”.

Iyi ndirimbo uyu musore wamaze kubona n’abazamufasha mu rugendo rwe rwa muzika, ishingiye ku nkuru mpamo, aho aba avuga ku muntu uhura n’undi akamuhindurira ubuzima akumva ari we bazabana ubuzima bwose.

Balotelli" - Melissa Nyarwaya

Ni indirimbo y’umuhanzikazi Melissa Nyarwaya uri mu bari kuzamuka neza mu Rwanda. Muri iyi ndirimbo uyu mukobwa aririmba yishyize mu mwanya w’umukobwa wihebeye umusore.

“Mporana Inyota” - Adrien Misigaro

Ni indirimbo nshya y’umuhanzi Adrien Misigaro uri mu baramyi bakundwa na benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Muri iyi ndirimbo, aba agaragaza ko Yesu ari Umwami w’amahanga buri wese aba afite inyota yo kumenya.

Indirimbo zo mu mahanga …

“Motivation” - Bebe Cool

“Update” - Burna Boy

“Somebody like you” - Lojay

“Deep” - Phyno & Fave

“Baby” - Gims

“Chimiyé” - Aya Nakamura

“Sianda” - Savara


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .