00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angell Mutoni yasogongeje abakunzi be kuri album ye ya mbere (Amafoto na Video)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 29 May 2025 saa 02:20
Yasuwe :

Abahanzi batandukanye bakomeye mu Rwanda ndetse n’inshuti za Angell Mutoni uri mu baraperikazi babimazemo igihe mu Rwanda, basogongeye album ye ya mbere agiye gushyira hanze, nyuma y’imyaka irenga 10 amaze akora umuziki.

Ni mu gikorwa cyabaye ku wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025. Cyitabiriwe n’abahanzi batandukanye bakomeye n’abandi bazwi mu myidagaduro barimo Butera Knowless, Nel Ngabo, Bushali, Icenova, B-Threy, DJ Pyfo, Peace Jolis, Alyn Sano, Miss Ingabire Grace n’abandi.

Iyi album Angell Mutoni yumvishaga inshuti ze n’abandi basanzwe bazwi mu myidagaduro yayise “The Delivery” .

Igizwe n’indirimbo 14 zirimo ‘Ousaah’, ‘Try Me’, ‘ Higher’ yahuriyemo na Boukuru, ‘Kanguruke’ yakoranye na Bushali, ‘Breath’, ‘Flow’, ‘I Like That’, ‘ Healing’, ‘10 over 10’ yakoranye na Kenny K-Shot, ‘Time’ ye na Icenova, ‘Done Did It’, ‘Kare’ na ‘Bounce’ yahuriyemo na Kivumbi.

Mu kiganiro uyu mukobwa yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko kumvisha iyi album ye nshya abahanzi bagenzi be n’inshuti ze byatumye yumva aruhutse.

Ati “Ndi kumva nduhutse, kandi nishimye, kandi meze neza byankoze ku mutima.”

Uyu mukobwa yavuze ko indirimbo zose ziri kuri album zamugoye akuyemo imwe gusa yise “I Like That”.

Yavuze ko impamvu yise album ye ‘Delivery’ ari uko mu myaka amaze mu ruganda rwa muzika, yumvaga kuri iyi nshuro aribwo agiye gutanga ikintu kizima kandi gishyitse.

Ati “Cyari cyo gihe cya nyacyo kandi nari nkeneye izina nk’iri.”

Angell Mutoni yagiye ashyira hanze Extended Play [EP] zitandukanye ndetse iyari iherutse ni iyo yise ‘For Now’.

Iyi yayikoranyeho na Dr. Nganji wo muri Green Ferry Music, iri mu nzu zitunganya imiziki zafashije benshi barimo Bushali, B-Threy n’abandi batandukanye bamaze kubaka amazina.

Igizwe n’indirimbo eshanu zirimo Iby’ejo ni iby’ejo, Step in Like, Hit It yakoranye na Lagum The Rapper, Get Low ye na E.T Ndahigwa na Pale Pale yakoranye n’uwitwa Mazo.

Angell Mutoni asanzwe ari umuraperi akaba n’umuririmbyi wandika indirimbo. Aririmba Afro-Hiphop, RnB na Pop.

Uyu mukobwa afite mixtape eshatu ndetse na EP ebyiri. Ari mu bahanzi 10 bitabiriye RFI Prix Découvertes mu 2016. Yagiye kandi agaragara mu maserukiramuco atandukanye muri Afurika y’Iburasirazuba arimo Blankets & Wine, Kigali Up, Amani Festival, Bayimba n’ayandi.

Iyi album ye ya mbere ateganya ko izajya hanze ku wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025. Izaba igaragara ku mbuga zose zicururizwaho imiziki.

Angell Mutoni yafashe umwanya aririmbira abari bitabiriye iki gikorwa zimwe mu ndirimbo ziri kuri iyi album ye
Angell Mutoni yari yishimiye kumvisha abahanzi bagenzi be indirimbo yashyize kuri album ye ya mbere
Angell Mutoni yahamagaye imbere Bushali bahuriye kuri iyi album ye
Angell Mutoni yavuze ko yakozwe ku mutima no kubona Butera Knowless yitabiriye ubutumire bwe
Angell Mutoni yumvishije inshuti n'abavandimwe be album ye ya mbere ashyize hanze nyuma y'imyaka 11 amaze mu muziki
Boukuru uri mu bahanzi bagaragara kuri iyi album ya Angell Mutoni yahawe umwanya asuhuza abari bitabiriye
B-Threy ni umwe mu bari bitabiriye
Davy Carmel Ingabire wa RBA ni umwe mu bari bitabiriye
Dj June ni we wavanze imiziki muri iki gikorwa cyo kumva album nshya ya Angell Mutoni
Dj Lamper uri ibumoso uri mu bavanga imiziki bagezweho mu Rwanda yari yitabiriye
DJ Pyfo yari yitabiriye
Ingabire Grace wabaye Miss Rwanda 2021 ni umwe mu bari bitabiriye
Inki ni umwe mu bahanzi bari bitabiriye iki gikorwa
Peace Jolis yari yishimiye kumva album ya Angell Mutoni
Umuhoza Linda ubanza ibumoso uzwi cyane mu mideli ni umwe mu bari bitabiriye
Rocky Try uzwi muri sinema no mu mideli ni umwe mu bari bitabiriye
Angell Mutoni na Icenova uri mu bahanzi bari kuri album ye
Alyn Sano yari yitabiriye iki gikorwa
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye iki gikorwa
Abitabiriye iki gikorwa bari bishimye
Abarimo Rocky Try ubanza iburyo na Chelina Doll umanitse akaboko ni bamwe mu bakobwa bazwi mu myidagaduro bari bitabiriye
Abantu batandukanye bitabiriye igikorwa cyo kumva album ya mbere ya Angell Mutoni
Ababishoboye batahanye udufoto
Abahanzi batandukanye bagaragaye kuri album ya Angell Mutoni bafatanye ifoto

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .