00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zizou Alpacino agiye guhera ku ndirimbo yahurijemo Tuff Gangs asohora album ye nshya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 October 2024 saa 01:51
Yasuwe :

Zizou Alpacino agiye gutangira gusohora zimwe mu ndirimbo ziri kuri album ye nshya, zirimo iyo yahurijeho abahoze bagize itsinda rya Tuff Gangs, yamaze no gufatirwa amashusho ikaba iya mbere igiye gusohoka kuri iyo album.

Mu minsi ishize DJ Zizou yari yatangaje ko yatangiye umushinga wo gukora kuri album ye nshya avuga ko yise ‘Success from suffering’ izaba igizwe n’indirimbo zahuriwemo n’abahanzi bagera kuri 20.

Ku ikubitiro mu minsi ishize uyu musore yamaze gufata amashusho y’indirimbo ya mbere kuri iyi album agiye gushyira hanze ikaba yarahuriwemo abahanzi barimo abagize itsinda rya Tuff Gangs na Jay C.

Iyi ndirimbo izaba ibimburiye izindi icumi zose akomeje gufatira amashusho ari gufatwa akanatunganywa na Meddy Saleh.

Ni umushinga Zizou Alpacino ahamya ko amazemo igihe ndetse akongeraho ko igihe kigeze ngo atangire gusohora indirimbo za mbere zigize iyi album.

Mu kiganiro na IGIHE, Zizou yavuze ko imirimo yo gutunganya iyi album ayigerereye ku buryo mu minsi iri imbere azaba ayisangiza abakunzi be.

Ati “Album iri kurangira, izaba igizwe n’indirimbo 11 zirimo abahanzi barenga 20, abakunzi b’umuziki nyarwanda bihangane ndi mu mirimo ya nyuma yo kuyikoraho mu minsi ya vuba ndaba nyishyize hanze.”

Zizou yavuze ko iyi album ihuriweho n’abahanzi bo mu biragano bitandukanye, ati “Urumva ni album iriho abahanzi banyuranye, abagezweho uyu munsi, abamaze igihe mu muziki yewe hari n’abo mba narumvise batarasohora indirimbo ariko ngakunda impano yabo nkiyemeza kubashyiraho.”

Iyi album igiye gusohoka mu gihe Zizou Alpacino yabaye asubitse ibyo gusohora iya kabiri yise ‘Doxa’ igizwe n’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yari aherutse gutangaza ndetse yaranasohoye indirimbo ya mbere mu ziyigize.

Zizou yavuze ko iyi album yabaye ayisubitse nyuma yo kubona ko gukora imishinga y’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bisaba kwitonda.

Avuga ko igihe icyo aricyo cyose azasoza uyu mushinga azasohora iyi album yari ibaye iya kabiri ikurikira iyo yise ‘5/5 Experience’ yari igizwe n’indirimbo nka Ubanza nkuze,Ngufite ku mutima,Karibu nyumbani n’izindi nyinshi.

P Fla mu ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo
Bull Dogg na P Fla imbere ya camera mu ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo nshya ya Zizou Alpacino
Meddy Saleh (ubanza ibumoso) niwe uri gutunganya amashusho y'indirimbo zigize album ya Zizou Alpacino
Zizou Alpacino mu ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo yahuje abaraperi bo muri Tuff Gangs na Jay C

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .