00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yvanny Mpano yinjije umuhanzi mushya mu muziki (Video)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 11 June 2024 saa 02:21
Yasuwe :

Yvanny Mpano yamuritse umuhanzi mushya witwa Edin Hodari bakonaranye indirimbo yitwa ‘Harya ngo urankunda’ yakomotse ku magambo agezweho ku mbuga nkoranyambaga.

Mu kiganiro na IGIHE, Yvanny Mpano yasobanuye ko asanzwe afashwa umuziki na 1000 Hills Entertainment ya Emmy Bruce, Umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati “Ubu turi abahanzi babiri babarizwa muri 1000 Hills Entertainment. Ni njye na Edin kandi ndasaba Abanyarwanda kumushyigikira nk’uko nanjye banyereka urukundo.”

Kugira ngo aba bahanzi bombi bahurire muri iyi ndirimbo, byashyizwemo imbaraga n’Umujyanama wa Yvanny Mpano wayimwohereje ngo yumve niba byaba nziza ayiririmbyemo.

Ati “Nari ahantu bita Nkumbya muri Nyamasheke nagiye kuririmba, ndi mu bwato mbona anyoherereje indirimbo numva ni nziza. Kuva ubwo niyemeza kuyijyamo kuko Edin ni umuhanzi tubarizwa hamwe mu nzu idufasha.”

Edin Hodari ukiri mushya muri uyu mwuga, yagaragaje ko kuba yahuye na Yvanny Mpano bagakorana indirimbo ari ibintu yahoze atekereza mu myaka itanu ishize.

Yvanny Mpano asanzwe azwiho kubera umugisha abahanzi dore ko yagize uruhare mu rugendo rw’umuziki wa Yampano ari na we wamuhaye izina akoresha.

Yvanny Mpano (ibumoso) yinjije Edin Hodari mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .